00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Matheo Studio yakoze igitaramo cyo kugaragaza amateka y’u Rwanda binyuze mu myambaro (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 27 January 2025 saa 09:37
Yasuwe :

Inzu y’imideli ya Matheo Studio yakoze igitaramo cyo kwerekana amateka y’u Rwanda rwa mbere, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi na nyuma yayo; binyuze mu myambaro yahanze.

Iyi myambaro yahanzwe na Niyigena Maurice watangije iyi nzu ihanga imideli afatanyije n’itsinda basanzwe bakorana.

Niyigena yabwiye IGIHE ko ari imyambaro bakoze bashaka kwishimira aho igihugu kigeze uyu munsi, agaragaza ko irimo ibyiciro bitatu.

Birimo icy’imyambaro ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 cyane ikozwe mu bikoresho byakoreshwaga cyane kera nk’ibitebo n’ibindi. Hari kandi igaragaza ibihe by’icuraburindi bya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’igaragaza u Rwanda rwongeye kuvuka bundi bushya nyuma y’ibihe bikomeye rwanyuzemo.

Ati “Igitaramo ukuntu cyari kimeze ubundi byari ukwimishimira aho u Rwanda rugeze ariko biciye mu myambaro. Aho twerekanaga u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ari ho hari hari imyambaro ikoze mu bintu bya Kinyarwanda birimo ibitebo n’ibindi.”

Arongera ati “Noneho iya kabiri yari iyo kugaragaza u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi aho yari imyambaro y’imyeru n’imituku, ubona ari nk’amaraso. Iriya yari ukugaragaza uko u Rwanda rumeze uyu munsi. Impamvu y’igitaramo ni ukwishimira igihugu muri make, ni ko nabivuga. Hakaba hamuritswe iyo myambaro iri mu byiciro bitatu.”

Muri make imyambaro yerekanywe muri iki gitaramo Niyigena Maurice yari yateguye, cyiswe “Rebirth, The Story of Rwanda” ni urwibutso rugaragaza amateka y’u Rwanda, mbere na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Mu myambarire, hagaragaramo ibimenyetso by’ubuzima bwari bwiza, ubumwe, umuco n’iterambere ry’Abanyarwanda, ariko na none bigahuza n’ububabare, gutakaza abantu n’ibintu no kongera kwiyubaka nyuma y’amateka mabi.

Iki gitaramo cyaririmbyemo umuhanzikazi Boukuru mu gihe cyayobowe na Rocky Try umaze kumenyekana mu myidagaduro nyarwanda cyane cyane mu bijyanye no kumurika imideli.

Imyambaro yerekanywe yari yahawe izina rya rya “Rwanda Rising”. Yakorewe i Musanze na Matheo Atelier.

Matheo Studio yatangiye mu 2021 itangijwe n’umusore ukomoka i Musanze ufite umwihariko wo gukora imyenda yo ku rwego rwo hejuru ‘Haute Couture’, yagiye agaragariza mu birori bitandukanye by’imideli nka Mercedes Benz Fashion Week na Next Top Model 2022.

Yambitse ibyamamare bitandukanye nka Franco Kabano, Sanduina, Giani wo muri Ghana, Umuhanzikazi Bwiza akaba yaranakoranye na Moshions mu mushinga wa ‘Kwanda Season1’.

Niyigena Maurice watangije iyi nzu ihanga imideli, afite imyaka 24 y’amavuko.

Abantu bahawe rugari birebera imyambaro itandukanye yakozwe na Matheo Studio
Ababishoboye bafatanye ifoto na Niyigena watangije Matheo Studio
Abantu batandukanye bari bagiye kwihera ijisho imyambaro ya Matheo Studio
Abantu b'ingeri zitandukanye bari bitabiriye iki gikorwa
Abanyamideli batandukanye bahawe rugari bagaragaza iyi myambaro
Abitabiriye iki gikorwa ubwo igitaramo cyasozwaga, bagaragazaga akanyamuneza
Boukuru yasusurukije abari bitabiriye mu bihangano bitandukanye
Boukuru yiyeretse abakunzi b'umuziki unogeye amatwi
Elodie Fromenteau watangije inzu y'imideli izwi nka Izubaa Clothing ni umwe mu bari bitabiriye iki gikorwa cya Matheo Studio
Hakinwe umukino ushingiye ku muvugo wa Dera Dube
Hari abatahanye amafoto y'imyambaro Matheo Studio yerekanye
Herekanwe imyambaro ikozwe mu buryo butandukanye
Herekanwe imyambaro y'abagore n'abagabo
Imyambaro igaragaza u Rwanda mbere ya Jenoside ni uku yari iteye
Imyambaro itandukanye igaragaza u Rwanda rwa mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni uku yari iteye
Imyambaro ya Matheo Studio kuri iyi nshuro yari yakozwe mu buryo bwo kwerekana ishusho y'u Rwanda mu bihe bitandukanye
Iyi myambaro yerekanywe ku nshuro ya mbere nyuma yo guteguza abantu igitaramo cyo kuyerekana
Kabano Franco ni umwe mu banyamideli bajya bifashishwa na Matheo Studio ngo yamamaze imyambaro itandukanye yayo
Keyz Jackson ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye iki gitaramo yifashishije igicurangisho cya Saxophone
Mu berekanye imyambaro hari harimo n'abanyamahanga
Matheo Studio yerekanye imyambaro itandukanye yakoze
Niyigena Maurice watangije Matheo Studio ubwo abanyamideli bamaraga gutambuka, yasobanuriye abantu iby'imyambaro berekanye
Niyigena Maurice yafatanye ifoto na Elodie Fromenteau watangije inzu y'imideli izwi nka Izubaa Clothing wari wagiye kumushyigikira
Niyigena watangije Matheo Studio yafatanye ifoto na Boukuru waririmbye ubwo herekanwaga imyambaro igaragaza ukwiyuburura k'u Rwanda
Nyuma y'igitaramo abantu bahawe umwanya basura imyambaro itandukanye yakozwe na Matheo Studio
Uretse imyambaro yerekanywe hari hari n'indi myambaro isanzwe ikorwa na Matheo Studio
Rocky Try ni we wayoboye iki gitaramo
Uyu ni umwe mu myambaro igaragaza u Rwanda rwo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Amafoto: Cyubahiro Key


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .