Ubwo yari ku rubyiniro, Massamba yaririmbye indirimbo eshatu ziri kuri album ye nshya zirimo Mbonezamakuza yanayitiriye, Tsinda na Rwabihana ubundi akomeza kuririmba izo abantu basanzwe bamenyereye.
Iki gitaramo cyari kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki bakunze gutaramira muri iki kigo, cyaranzwe n’umuziki gakondo.
Bamwe mu bahanzi bari bitabiriye yanahagurukije ku rubyiniro bakamwitaba harimo umukobwa we Ikirezii na Jules Sentore.
Ni igitaramo Massamba yakoze mu gihe ari mu myiteguro yo gusohora album ye nshya ‘Mbonezamakuza’ izaba igizwe n’indirimbo 27.
Iyi album igizwe n’indirimbo nka Rwabihama, Batashye, Tsinda, Ikibasumba, Mporempore, Urwererane, Umwali, Mbonezamakuza, Duhananye umurego, Zarwaniyinka, Milindi ya Ngoma, Kamonyi, Nyangenzi na Nyiramaliza.
Uretse izi, harimo izo yise Amagaju, Nyaruguru Vol II, Dukumbuye Rwanda Yacu, Abe, Muyumbu wa Nziga, Twaje kugutaramira, Urabeho shenge, Twazindutse, Iyambere Ukwakira Voll II, Sisi wenyine Vol II, Dimba hasi Vol II, Fourteen Vol II na Vive Lange.


















Amafoto: Habyarimana Raoul
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!