00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Massamba Intore ntacyitabiriye ‘Rwanda Convention USA’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 23 June 2025 saa 01:38
Yasuwe :

Massamba Intore yasubitse urugendo rwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aho yari yatumiwe nk’umwe mu bazataramira muri ‘Rwanda Convention USA’.

Ibi Massamba Intore yabikomojeho mu kiganiro na IGIHE.

Yagize ati “Mbabajwe no kubamenyesha ko ntacyitabiriye igitaramo cya ‘Rwanda Convention USA 2025’ kubera ko igihugu cyampaye ubundi butumwa bwahuriranye n’amatariki y’ibi bikorwa.”

Massamba yahawe inshingano zo kuzajyana n’Itorero ry’Igihugu, Urukerereza, mu Mujyi wa Osaka mu Buyapani ahari kubera ‘World Expo 2025’.

‘Rwanda Convention USA’ itegerejwe kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatumiwemo abahanzi barimo The Ben, Meddy, Kevin Kade na Element Eleeeh.

Igikorwa cya ‘Rwanda Convention USA’ kizatangira ku wa 4-6 Nyakanga 2025, kizabera muri Irving Convention Center muri Leta ya Texas.

Massamba Intore yari ategerejwe mu gitaramo cya 'Rwanda Convention USA' aho yari gutaramira ku wa 4 Nyakanga 2025
Massamba Intore ntabwo akigiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ahubwo azajyana n'Itorero ry'Igihugu Urukerereza mu Buyapani

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .