Uyu muhanzi uherutse gutaramira muri ‘Institut Français du Rwanda’ ku wa 21 Gashyantare 2025, ategerejwe muri ‘Gen-Z Comedy,’ mu gitaramo kizabera muri Camp Kigali ku wa 6 Werurwe 2025.
Iki gitaramo Intore Massamba azaba ataramiramo, kizaba kibanziriza icyo kwizihiza imyaka itatu ishize hategurwa ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’ giteganyijwe ku wa 27 Werurwe 2025.
Album nshya y’uyu muhanzi izaba igizwe n’indirimbo 27 zirimo nka Rwabihama, Batashye, Tsinda, Ikibasumba, Mporempore, Urwererane, Umwali, Mbonezamakuza, Duhananye umurego, Zarwaniyinka, Milindi ya Ngoma, Kamonyi, Nyangenzi na Nyiramaliza.
Hariho kandi Amagaju, Nyaruguru Vol II, Dukumbuye Rwanda Yacu, Abe, Muyumbu wa Nziga, Twaje kugutaramira, Urabeho shenge, Twazindutse, Iyambere Ukwakira Voll II, Sisi wenyine Vol II, Dimba hasi Vol II, Fourteen Vol II na Vive Lange.
Uretse Massamba Intore uzatarama, abazitabira iki gitaramo bazasusurutswa n’abanyarwenya barimo Fally Merci, Joseph, Kadudu, Rumi, Dudu, Umushumba, Pirate na Keppa bose bazamukiye muri ‘Gen-Z Comedy’.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!