00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Massamba Intore agiye gusohora album ya 12

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 12 February 2025 saa 03:13
Yasuwe :

Massamba Intore agiye gusohora album ye ya 12 yise ‘Mbonezamakuza’ igizwe n’indirimbo 25 ndetse ab’inkwakuzi akazayibavumbyaho mu gitaramo ateganya gukorera kuri ’Institut Français du Rwanda’ ku wa 21 Gashyantare 2025.

Mu kiganiro na IGIHE, Massamba Intore yavuze ko album ye nshya izaba igizwe n’indirimbo 25 yari amaze igihe akora, anemeza ko nyuma yayo azamara imyaka myinshi atongeye kugira indi asohora.

Aha yagize ati “Album yo yaje, abazitabira igitaramo cyanjye bazagira amahirwe yo kumva zimwe mu ndirimbo ziyigize. Icyakora si zo gusa kuko nzanabaririmbira izindi.”

Massamba Intore yavuze ko nyuma yo gusohora iyi album azahita atangira urugendo rwo gusohora ibihangano Sentore Athanase (Se umubyara) yasize atarangije.

Uyu mugabo ahamya ko byibuza afite ibihangano bigera ku 126 bya Sentore agomba gukora neza akabisohora mbere yo kugira ikindi icyo ari cyo cyose azasohora nyuma ya album ye nshya.

Massamba Intore agiye gusohora album ye nshya mu gihe nta mezi menshi ashize akoze igitaramo cyo kwizihiza imyaka 40 amaze mu muziki na 30 ishize Igihugu kibohowe mu rugamba na we yagizemo uruhare, ‘30/40 y’Ubutore’.

Massamba Intore yateguje album ye yise 'Mbonezamakuza'
Massamba yijeje abazitabira igitaramo cye kuzumva zimwe mu ndirimbo ze nshya ziri kuri album ateganya gushyira hanze
Massamba Intore agiye gusohora album ye ya 12

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .