00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lil G ibyangombwa byashiriyeho i Burayi abayeho ate?

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 December 2024 saa 07:12
Yasuwe :

Lil G umaze imyaka ibiri yimukiye i Burayi ku byangombwa byo gukora, yahishuye ko byamurangiriyeho ariko akomeje gushaka ibindi ku buryo ahamya ko nta kibazo bizamuteza kuko akomeje n’akazi bisanzwe.

Uyu muhanzi werekeje ku Mugabane w’u Burayi mu 2022 yagiye afite uruhushya rwo gukorera akazi muri Pologne mu gihe cy’umwaka n’amezi umunani.

Uruhushya rwa Lil G rwo gukorera no gutura i Burayi rwarangiye mu minsi ishize, uyu muhanzi akaba ategereje ko yongererwa agakomeza akazi ke.

Ibi Lil G yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, aho yagize ati “Uruhushya cyangwa se ‘Visa’ rwo gukorera inaha rwararangiye ariko namaze gusaba urundi nubwo rutaraza, ubu mfite igipapuro kinyemerera kuba nkora mu gihe ngitegereje ko banyongerera kandi mfite icyizere ko nta kibazo bizanteza.”

Lil G uri kubarizwa mu gihugu cya Pologne, yavuze ko kwimukira i Burayi ndetse no kubanza kwisuganya biri mu byatumye amara igihe asa n’uwashyize ku ruhande ibya muzika, gusa yizeza abakunzi be ko uko azagenda abishobora azagenda asohora indirimbo.

Ati “Kwimukira inaha, nkatangira ubuzima bushya ni ibintu bitari byoroshye. Ariko uko nzajya mbona umwanya nzajya nsohora ibihangano bimwe na bimwe nkuko namaze gushyira hanze indirimbo nshya yo kubifuriza Noheli nziza.”

Uyu muhanzi wamamaye mu muziki w’u Rwanda kuva mu myaka ishize, amaze imyaka irenga ibiri yimukiye muri Pologne aho yari yabonye akazi ari naho atuye kugeza uyu munsi.

Lil G yavuze ko nta mpungenge atewe no kuba ibyangombwa byo kuba ari i Burayi byaramushiriyeho ahamya ko mu minsi iri imbere aba yabonye ibindi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .