00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Lady Gaga yahishuye ikimutera ubwoba kurusha ibindi

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 7 March 2025 saa 01:16
Yasuwe :

Lady Gaga yahishuye ko ikintu kimwe cyonyine kimutera ubwoba mu buzima bwe ari ukuba wenyine.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na BBC cyagarukaga ku buzima bwe bwite abayemo abantu batazi, ndetse no kuri album ya munani yise ‘Mayhem’ yasohoye kuri uyu wa 7 Werurwe 2025.

Ubwo Lady Gaga yabazwaga ikintu atinya kurusha ibindi mu buzima, yasubije ati “Ntinya kuba njyenyine”.

Yakomeje ati “Ntekereza ko ubwoba mfite kurusha ubundi ari ugukora ibi ndi njyenyine, kubaho ubuzima bwa njyenyine”.

Uyu muhanzikazi wubatse ibigwi mu njyana ya Pop, yakomeje avuga ko yagize amahirwe yo guhura n’umukunzi we, Michael Polansky banitegura kurushinga, kuko ari we umurinda ubuzima burimo irungu.

Ati “Impano iruta izindi zose ni uko nahuye n’umukunzi wanjye Michael. Byose mbikorana nawe”.

Lady Gaga kandi yavuze ko uyu mukunzi we ari we umubaha hafi, akamurinda ubwigunge kuva batangira gukundana mu 2020, ndetse aherutse no kumwambika impeta y’urukundo amusaba ko barushinga.

Si ubwa mbere uyu muhanzikazi yakomoza ku buzima bwo kubaho wenyine n’ubwigunge, dore ko yigeze kubitangariza muri filime mbarankuru ku buzima bwe yise ‘Five Foot Two’.

Lady Gaga yahishuye ikimutera ubwoba kurusha ibindi
Lady Gaga yavuze ko yagize amahirwe yo guhura n’umukunzi we, Michael Polansky banitegura kurushinga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .