00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

#Kwibohora31: Byari ibicika mu gitaramo ‘Urw’intwari’ cyasigirijwe n’ibirori bya ‘Drones’ (Amafoto na video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 July 2025 saa 10:12
Yasuwe :

Amatorero Ishyaka ry’Intore na Inyamibwa kimwe n’abahanzi n’umuhanzi Maji Maji batanze ibyishimo mu gitaramo ‘Urw’intwari’ cyasigirijwe n’ibirori bya ‘drones’ byanyuze abarenga igihumbi bari bakoraniye muri Kigali Convention Centre.

Ni igitaramo cyabaye mu ijoro ryo ku wa 3 Nyakanga 2025, cyari kigamije kwinjiza abantu mu munsi wo #Kwibohora31.

Iki gitaramo cyabereye muri Kigali Convention Centre cyitabiriwe ku rugero rwo hejuru kuko imyanya yose yari yateguwe yari yicayemo abakunzi b’umuziki gakondo.

Maji Maji n’itsinda ry’abacuranzi bafatanyije nibo babimburiye abandi ku rubyiniro, bakurikirwa n’itorero Ishyaka ry’intore mu gihe Inyamibwa ryakurikiyeho mbere y’uko itsinda ryaririmbye indirimbo zifashishwaga ku rugamba ari na ryo ryashyize akadomo kuri iki gitaramo.

Icyakora ku rundi ruhande, ubwo Itorero Inyamibwa ryari rigeze hagati, abari bitabiriye iki gitaramo batunguwe no kubona mu kirere hatangiye kwaka ibishashi byandika amagambo atandukanye.

Ntabwo byari ibishashi nkuko benshi twabibonaga ahubwo byari ‘drones’ zazamukaga zikandika amagambo atandukanye mu kirere mu rwego rwo kwifatanya n’abari muri iki gitaramo kwizihiza umunsi wo #Kwibohora31.

Uretse amagambo atandukanye arimo n’ayo gushimira Perezida Paul Kagame wayoboye urugamba rwo kubohora u Rwanda, izi ‘drones’ zanashushanyije mu kirere ibendera ry’u Rwanda n’ikarita yarwo.

Bwari ubwa mbere iki gitaramo kibaye mu Rwanda icyakora ubuyobozi bwa ‘Ma Africa’ yagiteguye bwijeje IGIHE ko kizajya kiba ngarukamwaka.

Maji Maji yabanje gususurutsa abakunzi b'umuziki bari bitabiriye iki gitaramo
Ni igitaramo cyititabiriwe n'abato gusa kuko n'ababyeyi bakisanzemo
Akanyamuneza kari kose mu gitaramo ‘Urw’intwari’
Itorero Ishyaka ry'intore ryasusurukije abakunzi b'umuziki
Itorero Ishyaka ry'intore ryakoresheje imbaraga nyinshi mu gushimisha abakunzi b'umuziki
Umuhungu wa Gatore Yannick usanzwe abyina mu itorero 'Ishyaka ry'intore' yatangiye ubutore akiri umwana
Itorero Inyamibwa naryo ryataramiye abakunzi b'umuziki gakondo bari muri Kigali Convention Centre
Israel Mbonyi ni umwe mu bitabiriye iki gitaramo
Ababyinnyi b'itorero Inyamibwa ni bamwe mu bishimiwe bikomeye
Drones zashushanyije u Rwanda mu kirere
Drones zafashije abari muri Kigali Convention Centre kwishimira ibirori byo Kwibohora
Abari muri iki gitaramo bashimiye abagize uruhare mu rugamba rwo kubohora Igihugu
Mu bashimiwe uruhare bagize ku rugamba rwo kubohora Igihugu harimo na Perezida Kagame
Israel Mbonyi yishimiye kubona ibirori bya drones mu kirere
Yafataga amashusho y'ibirori bya 'drones' byaberaga mu kirere cya Kigali
Abitabiriye iki gitaramo banyuzagamo bagacinya akadiho
Miss Kayumba Darina n'umukunzi we bari bitabiriye iki gitaramo
Itsinda J-Sha riri mu bari bitabiriye iki gitaramo

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .