00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ku gisenge cya CHIC hagiye kubakwa igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 Gashyantare 2023 saa 11:39
Yasuwe :

Ku gisenge cy’inyubako ya CHIC hari kubakwa igicumbi cy’imikino n’imyidagaduro ‘Blue Sky Park Arena’ izaba ikubiyemo ibibuga by’imikino, aho kwidagadurira ndetse n’inzu zo gukoreramo ibintu bitandukanye.

Ni inyubako iri kubakwa na Sosiyete ya ‘Blue Sky’ ihuriweho na Gael Karomba uzwi nka Coach Gael na Bruce Melodie basanzwe bakorana umuziki cyane ko ari na we mujyanama w’uyu muhanzi.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE, Coach Gael yavuze ko iyi izaba ari inyubako ishobora kuberamo ibitaramo n’ibirori bitandukanye, ikagira ibibuga by’imikino nka ‘Mini Football, Basketball’ ikajya inakorerwamo siporo ngororamubiri ‘Gym’.

Uretse ibibuga, ubuyobozi bwa ‘Blue Sky’ buvuga ko iyi nyubako izaba irimo aho kwicira inyota n’isari, icyumba cyajya gifatirwamo ibiganiro bya televiziyo ndetse n’ibyumba bizifashishwa nk’ibiro.

Ni umushinga IGIHE yamenye ko ushobora gutwara arenga ibihumbi 700$ (miliyoni zirenga 700Frw).

Coach Gael yagize ati “Izaba ari inyubako nakwita ko ari Arena ntoya, ikubiyemo ibikorwa byinshi byiganjemo iby’imyidagaduro n’imikino. Turifuza gushyira itafari ryacu mu guteza imbere imikino n’imyidagaduro ndetse no gufasha urubyiruko kubona aho rwidagadurira mu buryo bugezweho.”

Akomoza ku gihe iyi nyubako izaba yarangiriye, Coach Gael yagize ati “Inyigo yose yararangiye ubu twatangiye kubaka kandi nizeye ko mu minsi ya vuba bizaba byarangiye, uyu mwaka uzasiga iyi nyubako yarabonetse rwose.”

Gael Karomba asanzwe ari umujyanama wa Bruce Melodie. Ni umwe mu bamaze kubaka izina mu gihe gito kubera uburyo ashora agatubutse muri uyu muhanzi uri mu bagezweho muri iyi minsi.

Bruce Melodie afatanyije n'Umujyanama we Gael Coach bagiye kubaka igicumbi cy'imikino n'imyidagaduro ku gisenge cya CHIC
Ni inyubako igiye kubakwa na sosiyete ‘Blue Sky' ya Coach Gael
Imirimo yo kubaka hejuru y'inyubako ya CHIC yaratangiye
Kugeza ubu hari kubakwa hitwa ‘Blue Sky Park Arena’ mu gihe batarabona umushoramari ugura izina ryaho
Igisenye cya CHIC kigiye kubyazwa umusaruro
Hejuru y'inyubako ya CHIC hagiye kuzuzwa igicumbi cy'imikino n'imyidagaduro
Muri iki gicumbi hazaba hari ikibuga cy'umupira w'amaguru 'Mini Football'
Hazubakwa icyumba cyajya kiberamo ibiganiro bya televiziyo cyazajya kifashishwa n'abatandukanye
Uretse ibiro bizaba bibarizwa muri iyi nyubao hashyizweho n'ahazajya hakinirwa umukino wa Bwoling
Hategerejwe ikibuga cy'umukino wa Basketball
Uretse ibibuga n'ibiro, hatekerejwe n'aho abantu bajya bicira icyaka n'isari muri iyi nyubako

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .