00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Knowless yahishuye uko isoni zatumye yitwa umusinzi

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 December 2024 saa 08:03
Yasuwe :

Butera Knowless yagaragaje ko agitangira umuziki, yagiraga isoni nyinshi ku buryo rimwe na rimwe yakoraga impanuka ku rubyiniro bikitirirwa ubusinzi.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Ndaruhutse Fally Merci mu gitaramo cya Gen-Z Comedy, mu cyiciro batumiramo umuntu w’icyamamare akagaruka ku rugendo rwe.

Ati “Ngitangira umuziki ntabwo byari byoroshye. Guhagarara imbere y’abantu […] rimwe na rimwe hari igihe nagiraga ibibazo ku rubyiniro abantu bamwe bati ’yafashe akantu’, kandi ari isoni nyinshi. Guhagarara imbere y’abantu byari ikibazo gikomeye. Izindi mbogamizi zari izo kubura amafaranga, ndetse no kwitwa ikirara cyangwa indaya.”

Yavuze ko nubwo bimeze gutyo, nyuma ibintu byagiye bimera neza uko ibihe byagiye bisimburana ndetse akabona abo bakorana bafite intumbero nziza.

Knowless uri mu banyamuziki bakunzwe cyane, agaragaza ko nubwo kuba icyamamare ari byiza ariko hari abo byoreka iyo batitonze ngo bamenye uko babigenzura.

Ati “Kumenyekana ni byiza, hari ahantu bifungura imiryango. Ariko utabirebye neza byakwangiza. Byatuma wibagirwa uwo uri we.”

Ashimira abantu barimo Junior Multisystem uheruka kwitaba Imana, wamukoreye ku buntu indirimbo ye ya mbere.

Asaba urubyiruko cyane cyane abakobwa kugira intumbero ndetse no gukorana umwete, kuko ari byo bifasha umuntu kugera ku ntsinzi.

Knowless yasangije urubyiruko ibanga ryatumye amara imyaka 14 mu muziki
Knowless yahishuye uko isoni zatumye bamwe bamwita umusinzi
Knowless ni we wari umutumirwa mu gitaramo cya Gen-Z Comedy nk'umwe mu bamaze kugira byinshi bageraho babikesheje imyidagaduro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .