00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kim Kardashian mu rukundo rushya

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 19 January 2025 saa 08:22
Yasuwe :

Kim Kardashian yahishuye ko n’ubwo yigeze kumvikana agaragaza ko akeneye kubaho nta mukunzi afite, ari ibintu yavuze abeshya kuko ubu amufite kandi abantu batazatinda kumubona.

Yabigarutseho mu gice cya gatandatu cy’ikiganiro “The Kardashians” ahuriramo n’abo mu muryango we. Aho yagaragaje ko ubwo yavugaga ko ashaka kubaho ari wenyine yabeshyaga.

Ati “Nari mfite intego yo kubaho nta mukunzi…nari ndimo kubeshya mwe mwese. Njyewe ntari mu rukundo cyangwa ntarushaka ndetse ntashaka kwitabwaho? Umenya mutanzi!”

Uyu mugore yakomeje avuga ko umukunzi we azamwishimira ndetse na nyina Kris Jenner yungamo ati “Ushobora kuba umukunda bya nyabyo!”

Kim Kardashian w’imyaka 44 yahise agaragaza ko ateganya kongera igice mu nzu ye, kizajya kibikwamo imyambaro y’umukunzi we gusa yirinda kugira byinshi amuvugaho.

Muri Kanama umwaka ushize, Kim Kardashian yari yabwiye Jimmy Fallon ko atiteguye kujya mu rukundo, gusa ubu bikaba bigaragara ko yatangiye guhindura imvugo.

Mu 2021 kugeza mu 2022 yakundanye na Pete Davidson, baje gutandukana batamaranye igihe kinini cyane. Mu ntangiro za 2024 kandi yavuzwe mu rukundo na Odell Beckham Jr. wamamaye mu mukino wa NFL ariko ibyabo biza kurangirira mu magambo.

Mu Ukuboza umwaka ushize nabwo yongeye kuvugwa mu rukundo n’umuherwe, ukora ubucuruzi ariko biza kumenyekana ko batari bakomeje iby’urukundo.

Uyu mugore afitanye abana bane na Kanye West barimo umukuru witwa North ufite imyaka 11, Saint ufite icyenda, Chicago w’irindwi ndetse na Psalm ufite imyaka itanu. Aba bombi babanye kuva mu 2014 ubwo bahanaga isezerano ryo kurushinga, batandukana mu 2021.

Kanye West nyuma yo gutandukana na Kim Kardashian, yarushinze na Bianca Censori.

Kim Kardashian ni umwe mu bagore bihagazeho muri Amerika
Kanye West na Kim Kardashian bafitanye abana bane
Kim Kardashian na Pete Davidson yari yasimbuje Kanye West na we bakaza gutandukana
Kim Kardashian yabanye na Kanye West ariko baza gutandukana nyuma kudahuza kuri bimwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .