00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Killaman mu gahinda nyuma yo kwibwa shene ze za YouTube

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 March 2025 saa 04:58
Yasuwe :

Niyonshuti Yannick benshi bazi nka Killaman, ari kurira ayo kwarika nyuma y’uko agabweho igitero n’abamwibye shene ze za ‘YouTube’ yacishagaho filime ze.

Killaman yari afite shene enye za Youtube yanyuzagaho ibihangano bye, mu buryo bumutunguye yagiye kubona abona zose zibwe ndetse na email zari zishamikiyeho yatwawe.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yavuze ko nubwo atazi abamwibiye shene, bamuhemukiye kuko ariho yahahiraga mu buzima bwe bwa buri munsi.

Ati “Batwaye shene zose ubu nta n’imwe iriho, kugeza ubu turi kurwana no kureba ko zakongera kugaruka nubwo bitoroshye kuko bambwiye ko bishobora gutwara iminsi itanu. Ubu nahise mfungura ako ngiye kuba nkoresha kuko sinafunga amaboko ngo ni uko nahemukiwe.”

Killaman ahamya ko mu cyumweru kimwe yabaga asohoye amashusho arenga 30 kuri shene ze za Youtube, bityo ko aricyo cyatumye ahitamo kuba ashinze indi.

Ibi bibaye mu gihe Killaman yari amaze iminsi yemeje ko ubutunzi yakuraga muri sinema bwagabanutse bitewe n’uburwayi.

Ati “Maze igihe nararwaye, muganga yansabye kuruhuka bihagije, mbonye ko ninjya mu byo kuruhuka abakozi banjye bagomba guhembwa bizagorana, nahise mbiha abantu babikurikirana ariko byose byarahombye kuko bamaze amezi ane bafata amashusho, ariko nayareba ngasanga rwose nta wa mwimerere wanjye urimo. Mbonye bitari ku rwego nifuzaga mpitamo kutabikoresha."

Killaman yemeje ko ahanganye no kureba ko yasubirana shene ze za Youtube

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .