00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kidum yasabye abahanzi kutivanga mu bibazo bya Politiki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 13 February 2025 saa 08:47
Yasuwe :

Kidum uri i Kigali aho yitabiriye igitaramo ‘Amore Valentine’s Gala’ giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku wa 14 Gashyantare 2025 ku munsi wahariwe abakundanye, yasabye abahanzi n’abafite aho bahuriye n’ubuhanzi kutivanga mu bibazo bya Politike.

Ibi Kidum yabigarutseho mu kiganiro abahanzi bazitabira iki gitaramo bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 13 Gashyantare 2025.

Muri iki kiganiro umunyamakuru yabajije Kidum ubutumwa yagenera abahanzi muri ibi bihe u Rwanda agiye gutaramiramo rutabanye neza n’igihugu cye cy’amavuko cy’u Burundi.

Aha umunyamakuru yifashishije ingero z’abahanzi usanga bavuga ko Leta yababujije kujya kuririmba mu gihugu kubera ibibazo bafitanye.

Mu gusubiza iki kibazo, Kidum yavuze ko nta na rimwe Leta y’u Burundi iramubuza kujya gutaramira ahantu kubera ibibazo bya politiki, icyakora ahamya ko bakunda kumusaba kutivanga muri politiki.

Ati “Njye mbabwije ukuri, nta munsi numwe ndabwirwa na Leta y’u Burundi kutaririmbira ahantu aho ari ho hose, sindabona bivanga mu by’imiziki […] sindabona bampamagara bambwira kwivanga muri politiki ahubwo bampamagara bansaba kutabyivangamo bakansaba kuguma mu muziki.”

Kidum yibukije abahanzi ko bo bakora umuziki nubwo batabujijwe kuvugira ibihugu byabo ariko na none bakwiye kwibuka ko bakeneye abafana b’impande zose.

Ati “Njye umurongo wanjye ni uko ntaramira hano, nkajya i Bujumbura n’ahandi kandi nkaririmbira abantu bose nta vangura ribayeho […] n’abahanzi ndabasaba ko babigenza gutyo. Yego buri wese afite uburenganzira bwo kuvugira igihugu cye ariko ntimube abahezanguni.”

Kidum wavuze ko Politiki ifite abayikina kandi batananiwe, yongeye gusaba abahanzi n’abanyamakuru kugerageza kutivanga mu bya politiki ahubwo bagashyira imbaraga mu guteza imbere umuziki no gutanga ibyishimo mu bantu.

Kidum yitabiriye igitaramo 'Amore Valentine's Gala' kigiye kubera muri Camp Kigali
Abahanzi barimo Alyn Sano na Ruti Joel bari mu bazahurira na Kidum muri iki gitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .