00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kevin Kade yateguje igitaramo azahuriramo na Ali Kiba

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 13 January 2025 saa 04:24
Yasuwe :

Kevin Kade uri mu bahanzi bahagaze neza mu muziki w’u Rwanda muri iyi minsi, yateguje igitaramo cye cya mbere ateganya guhuriramo na Ali Kiba banakoranye indirimbo ateganya gusohora mu minsi iri imbere.

Ibi Kevin Kade yabyemereye IGIHE, aho yavuze ko muri Gicurasi 2025 ateganya gukora igitaramo cye cya mbere nk’umuhanzi ku giti cye, akazanagihuriramo na Ali Kiba.

Ati “Ali Kiba twakoranye indirimbo izasohoka mu minsi iri imbere, ndi gutegura igitaramo cyanjye cya mbere nk’umuhanzi ku giti cyanjye. Rero byari byiza kubanza gukorana tunategura kuzahurira ku rubyiniro imbere y’abakunzi banjye.”

Kevin Kade ahamya ko ibi biri mu byari byamujyanye muri Tanzania mu minsi ishize, ubwo yahuraga na Ali Kiba banahise bakorana indirimbo ari kwitegura gusohora.

Nubwo ariko yemeje ko igitaramo cye ateganya kugikora muri Gicurasi 2025, Kevin Kade yavuze ko hari ibyo bakinoza ku buryo aho kizabera ho atahita ahatangaza.

Mu 2019 ubwo yigaga mu ishuri rya muzika ry’u Rwanda, Kevin Kade nibwo yatangiye umuziki, umwaka ushize akaba yarizihizaga imyaka itanu awumazemo.

Uretse kuba amaze kubaka izina mu Rwanda, Kevin Kade ahamya ko gukorana na Ali Kiba ndetse bakagira ibikorwa binyuranye bahuriramo bizamufasha kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki muri Tanzania.

Kevin Kade uherutse kugaragara mu gitaramo cya The Ben yateguje icye yatumiyemo Ali Kiba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .