Aba bahanzi biyongereye kuri The Ben bazaririmba mu gitaramo cyo ku wa 5 Nyakanga 2025.
Ni mu gihe ku munsi wa mbere wo gufungura ibi bikorwa ku wa 4 Nyakanga 2025 hatumiwe Massamba Intore, naho ku 6 Nyakanga 2025 ubwo bizaba bisozwa hakazaririmba Meddy uzifatanya n’abazitabira iki gikorwa mu kuramya no guhimbaza Imana.
Igikorwa cya ‘Rwanda Convention USA’ kizatangira ku wa 4-6 Nyakanga 2025, byitezwe ko kizabera muri Irving Convention Center muri Leta ya Texas.
‘Rwanda Convention USA’ yaherukaga kuba mu 2019, igamije guhuriza hamwe Abanyarwanda batuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Ni igikorwa kiba mu buryo bwo gusabana, aho Abanyarwanda n’inshuti zabo bahura bakungurana ibitekerezo.
Iki gikorwa gifite umwihariko w’uko kigiye guhurirana n’ibihe byo kwizihiza imyaka 31 ishize u Rwanda rwibohoye no kwizihiza Ubwigenge Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabonye ku wa 4 Nyakanga 1776.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!