00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kenya yatewe utwatsi ku ngingo yo kwakira Grammy Awards

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 20 December 2024 saa 09:45
Yasuwe :

Recording Academy itegura ibirori bya Grammy Awards, yateye utwatsi amagambo ya Perezida William Ruto uheruka kuvuga ko Kenya yatanze akayabo ngo bakire ibi birori bikomeye ku Isi bihemberwamo ibyamamare.

Mu minsi ishize Perezida Ruto, yari yatangaje ko igihugu cye cyatanze miliyoni 500 z’Amashilingi ya Kenya (arenga miliyari 5 Frw), gisaba kwakira ibirori bya ‘Grammy Awards’.

Icyakora mu butumwa bwanyujijwe kuri ‘E-Mail’ Recording Academy yandikiye Kenya, yavuze ko bitazabera muri iki gihugu cyo muri Burasirazuba bwa Afurika.

Ubu butumwa buvuga ko ibirori bya ‘Grammy Awards’ bizabera i Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ahitwa Crypto.com Arena ku wa 02 Gashyantare 2025.

Ubutumwa burakomeza buti “Turi umuryango udaharanira inyungu. Ntabwo dukura amafaranga muri guverinoma z’amahanga.”

Abanya-Kenya bagikubita amaso iyi nkuru baguye mu kantu, bamwe bakemanga Perezida Ruto bavuga ko atari uwo kwizerwa, mu gihe abandi bagaragaje ko bashaka kumenya irengero ry’ayo mafaranga yavuzwe na Ruto nyuma y’uko Recording Academy iteye utwatsi ibyo kuyahabwa.

Ibyo byose hari ababisanishije n’uko Ruto yigeze kubwira abanya-Kenya ko Umunyarwenya, umukinnyi wa filime akaba n’umuyobozi w’ibiganiro bikomeye kuri Televiziyo zo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Harvey, azasura iki gihugu ariko amaso agahera mu kirere, bagashimangira ko amaze iminsi ababeshya.

Perezida Ruto aheruka kuvuga ko Kenya yashoye akayabo isaba kwakira ibihembo bya Grammy Awards ariko abategura ibi birori babyamaganira kure

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .