00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kathia Kamali na Adonis Filer batangaje itariki y’ubukwe bwabo

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 30 March 2025 saa 01:09
Yasuwe :

Kathia Kamali n’umukunzi we, Adonis Jovon Filer ukinira APR BBC, batangaje itariki y’ubukwe bwabo, nyuma y’aho urukundo rwabo rugezwe intorezo na benshi.

Kuri uyu wa 30 Werurwe 2025, Kathia Uwase Kamali uvukana na Miss Nishimwe Naomie akaba ari no mu bakobwa bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko ubukwe bwe na Adonis buzaba tariki 5 Nzeri 2025.

Ku wa 1 Mutarama 2025 nibwo Adonis yambitse impeta y’urukundo Kathia Kamali, amusaba ko barushinga.

Icyakoze ibi byakurikiwe n’amagambo menshi ku mbuga nkoranyambaga y’abategaga iminsi urukundo rwabo, bavuga ko rutazamara kabiri kandi ko n’ubukwe bwabo bushobora kudataha. Byatewe ahanini no kuba uyu musore yarashinjwaga ubuhehesi.

Iyi kidobya mu rukundo rw’aba bombi yatangiye kuzamuka nyuma y’ubutumwa uwitwa Ellah Rwanda yashyize ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza ko uyu musore aryamana n’abandi bakobwa nubwo akundana na Kathia Kamali.

Yakomeje abwira Kamali ko “Adonis ntabwo ari uwawe, ni uwacu twese.”

Adonis akimara kubona ubu butumwa yahise abunyomoza akoresheje Urubuga nkoranyambaga rwa X, aho yagize ati “Ni uwa twese? ishyari rizabamara. Ndi uwa Kathia gusa."

Ibintu byongeye gufata indi ntera ubwo abantu batangiraga guhererakanya amashusho y’ubwambure bivugwa ko ari ayo Adonis yahorereje umwe muri aba bakobwa.

Kathia Kamali na Adonis Filer batangaje itariki y’ubukwe bwabo
Ku wa 1 Mutarama 2025 nibwo Adonis yambitse impeta y’urukundo Kathia Kamali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .