00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karole Kasita n’abanyarwenya bakomeye muri Uganda bagiye gutaramira i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 March 2025 saa 03:12
Yasuwe :

Karole Kasita uri mu bahanzikazi bakomeye muri Uganda ndetse n’abanyarwenya b’amazina akomeye muri iki gihugu bategerejwe gutaramira i Kigali ku wa 27 Werurwe 2025, mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka itatu ishize hakorwa ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’.

Uretse Karole Kasita utegerejwe i Kigali, abanyarwenya bazaba bari kumwe barimo Pablo, Maulana & Reign, MC Mariachi, Madrat & Chiko na Alex Muhangi.

Aba banyarwenya bazaba bitabiriye igitaramo cya ‘Comedy Store’, ibi bisanzwe bitegurwa na Alex Muhangi.

Ibi bitaramo bifite izina rikomeye i Kampala, bigiye kubera mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kwifatanya na ‘Gen-Z Comedy’ iri mu bitaramo bitegurwa bimaze kubaka izina mu Rwanda. Aba banyarwenya bazaba biyongera ku basanzwe babarizwa muri Gen-Z Comedy.

Namulindwa Kasita wamamaye nka Karole Kasita ni umwe mu bahanzikazi bagezweho muri Uganda by’umwihariko akaba akunzwe mu ndirimbo nka Chekecha yasubiranyemo n’abarimo Vinka na Winnie Nwagi, Binyuma n’izindi nyinshi.

Uretse aba bazaba baturutse muri Uganda, ntabwo abategura Gen-Z Comedy baratangaza urutonde rw’abanyarwenya bo mu Rwanda bazasusurutsa abakunzi b’ibi bitaramo.

Pablo umaze kubaka izina muri Comedy Store agiye gutaramira i Kigali
Comedy Store igiye kubera i Kigali
'Madrat&Chiko' itsinda ry'abanyarwenya rigezweho muri Uganda ritegerejwe i Kigali
MC Mariachi ukunzwe cyane muri Uganda yatumiwe mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka itatu ibitaramo bya Gen-Z Comedy bimaze bitegurwa
Karole Kasita yatumiwe gutaramira i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .