00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kanye West yashyize hanze indirimbo yahuriyemo na Diddy, biteza impagarara

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 16 March 2025 saa 03:32
Yasuwe :

Kanye West udahwema kuvugisha benshi umunsi ku wundi yongeye kurikoroza ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye nshya, yahuriyemo na Diddy, umuhungu wa Diddy witwa Christian "King" Combs ndetse n’umukobwa mukuru wa Kanye West yise North West.

Ni indirimbo yashyize ku rubuga rwe rwa X avuga ko yiswe “Lonely Roads Still Go To Sunshine”, agaragaraza ko iriho abantu batandukanye barimo na Diddy uri mu buroko guhera muri Nzeri 2024.

Iyi ndirimbo itangira n’ijwi risa n’irya Diddy. Uyu mugabo aba ashimira Kanye West ukunze kwiyita Ye kuba yita ku bana be no kumwegera mu bihe abandi batabikoze. Kanye asubiza Diddy ko yamuhaye icyerekezo kuva kera, nubwo batari bakamenyanye.

Umukobwa wa Ye, North, ararapa ati, "Iyo umbonye murika, uba ubonye urumuri.”

Umuhungu wa Diddy witwa Christian Combs na we ararapa, naho Jasmine Williams, umuririmbyi wo muri Chicago, aba aririmba.

Abantu ba hafi bazi ibya Kanye West babwiye TMZ ko iyi ndirimbo ibyo kujya hanze kwayo byabanje kugorana kuko Kim Kardashian bahoze babana, akaba ari nawe nyina wa North yagerageje uburyo yayihagarika ariko bikanga.

Uyu mugore ngo yitabaje abanyamategeko ariko ubusabe bwe birangira nta kintu kizima bubyaye.

Amakuru avuga ko impamvu yashakaga ko iyi ndirimbo itajya hanze ari uko irimo umuraperi Diddy umaze amezi atanu mu buroko, akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya abagore, abakobwa n’abagabo.

Kanye West amaze iminsi atavugwaho rumwe ndetse mu minsi ishize yongeye kwibazwaho nyuma yo kugaragara yambaye umupira ushushanyijeho ikimenyetso gisa n’icyarangaga ishyaka rya Adolphe Hiltler ry’Aba-Nazi.

Uyu muraperi yagaragaye yambaye umupira ufite ikimenyetso cya Swastika, aheruka gushyira ku myambaro yari amaze iminsi acuruza ku rubuga rwe mbere y’uko ruhagarikwa.

Yanaherukaga gutungura benshi ubwo yasabiraga Diddy gufungurwa, ndetse ananenga ibyamamare byamutereranye mu bihe bikomeye arimo.

Si ibyo gusa kandi umugore we Bianca Censori akunze kutavugwaho rumwe kubera uko yambara, ndetse hari amakuru yagiye hanze mu minsi ishize yavugaga ko batandukanye ariko bongera kugaragara bahuje urugwiro.

Kanye West na Kim Kardashian bafitanye abana bane. Aba bombi batandukanye mu buryo bwemewe n’amategeko mu 2022.

Indirimbo ya Kanye West yahuriyemo n'umukobwa we na Diddy ntabwo yishimiwe
Kanye West na Diddy basanzwe ari inshuti magara
Kim Kardashian yagerageje kwitambika iyo ndirimbo ariko biba iby'ubusa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .