00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kanye West yahishuye ko afite ’Autisme’

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 7 February 2025 saa 10:01
Yasuwe :

Ye wamamaye mu muziki nka Kanye West yahishuye ko afite uburwayi bwa ‘Autisme’ butuma agira imyitwarire idasanzwe mu buzima bwe bwa buri munsi.

Uyu muraperi yabitangaje mu kiganiro yagiranye na The Download, aho yagaragaje ko umugore we Bianca Censori, ari we wamujyanye kwa muganga nyuma y’imyitwarire yari amaranye iminsi.

Ati “Umugore wanjye yanjyanye kwisuzumisha kuko yavugaga ati ‘buri kimwe ku myitwarire yawe ntibigaragara nka ‘Bi-polar’(nk’uko byari byaravuzwe mbere), nabonye ‘Bi-polar’ mbere’. Nyuma naje gusanga ndwaye ‘Autisme’.”

Kanye West ubwe yagiye avuga ku burwayi bwe bwa ‘Bi-Polar’ mu ndirimbo nyinshi, ndetse n’igifuniko cya ‘album’ ye yo mu 2018 cyari gifite amagambo arimo gutebya agira ati “Nanga kuba Bipolar, biratangaje.”

’Bi-Polar’ cyangwa se ’Bipolar disorder’ umuntu uyifite agira agahinda gakabije kavanze n’imihindagurikire y’umubiri aho ashobora kugira ibyishimo bidasanzwe, akabura ibitotsi, agakora byinshi icya rimwe.

Kuri iyi nshuro Kanye West avuga ko Autism ari yo yatumye yumva neza intandaro y’imyitwarire yagiye agaragaza, birimo nk’ukuntu mu 2018 yagaragaje ko ashyigikiye Donald Trump.

Kanye West agaragaza ko ‘Autisme’ yagiye ituma agira ibitekerezo bitandukanye n’iby’abandi kandi akanga inama agiriwe, kandi zari kugira icyo zimufasha mu bintu agiye gukora.

Ati “Iyo abafana bambwiye gukora ‘album’ yanjye mu buryo runaka, nyikora ukundi gutandukanye. Birababaje kuri bo (abafana be n’umuryango we), kuko ndi umugabo mukuru, ntibashobora kugenzura konti yanjye ya banki, ntibashobora kugenzura ibyo mvuga kuri Twitter.”

Autisme ituma umuntu agira imyitwarire idasanzwe. Mu 2020, Kim Kardashian, wahoze ari umugore wa Kanye West na we yemeje ukuntu bigorana gucunga ubuzima bwo mu mutwe bw’uyu mugabo.

Kanye West yatangaje ko afite ‘Autisme’ mu gihe amaze iminsi agaragaza imyitwarire itandukanye yibazwaho. Muri ibyo birimo amagambo yavuze anenga abatereranye Diddy anamusabira gufungurwa n’ibindi.

Harimo kandi ukuntu we aheruka guserukana n’umugore we mu birori byo gutanga ‘Grammy Awards 2025’ nyuma y’uko uyu mugore yambaye imyambaro igaragaza ubwambure bwe.

Kanye West yavuze ko umugore we ari we wamujyanye kwa muganga basanga afite 'Autisme'
Kanye West yahishuye ko afite 'Autisme'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .