00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urujijo ku cyatumye Kanye West n’umugore we bava ahatangiwe ‘Grammy Awards’ igitaraganya

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 February 2025 saa 09:07
Yasuwe :

Urujijo rukomeje kuba rwose ku cyatumye umuraperi Kanye West n’umugore we, Bianca Censori bava ahabereye ibirori byo gutanga ‘Grammy Awards 2025’ bitarangiye, aho bamwe bavuga ko baba basohowe.

Uwahaye amakuru Page Six yatangaje ko abashinzwe umutekano basohoye Kanye West n’umugore we nyuma y’uko uyu mugore yambaye imyambaro igaragaza ubwambure bwe.

Nyuma y’umwanya muto Kanye West na Censori bageze muri Crypto.com Arena, bongeye kugaragara basohoka muri iyi nyubako, binjira mu modoka yabakuye ahabereye ibi birori bitarangiye.

Nubwo benshi bakomeje guhamya ko aba bombi birukanywe kubera imyambarire idakwiriye, hari n’amakuru avuga ko nyuma yo kunyura ku itapi itukura, bahisemo kuva ahaberaga ibi birori ku bushake bwabo.

Kugeza ubu abasanzwe bategura Grammy Awards, ntacyo baratangaje kuri ibi.

Kanye West yari yatumiwe muri ibi birori kuko yari umwe mu bari bahataniye igihembo cy’indirimbo nziza ya Rap.

Uyu muraperi uzwi mu ndirimbo ‘Heartless’ yari yitezweho kwegukana igihembo cye cya 25 cya Grammy, binyuze mu ndirimbo ‘Carnival’ yakoranye na Ty Dolla $ign. Icyakora, icyo gihembo cyegukanywe na Kendrick Lamar kubera indirimbo ‘Not Like Us’.

Ubwo Kanye West n'umugore we bari bahingutse ahabereye ibirori bya Grammy Awards
Nta muntu n'umwe wo muri Grammy Awards urashaka kuvuga kuri iki kibazo
Imyenda y'umugore wa Kanye West bivugwa ko ariyo yamwirukanishije muri Grammy Awards
Kanye West n'umugore we bafatiye amafoto ku itapi y'umutuku ya Grammy Awards
Umugore wa Kanye West akigera ku itapi itukura yahise akuramo ikote yari yikinze
Kanye West n'umugore we bafotowe bataha ibirori bitarangiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .