Uwahaye amakuru Page Six yatangaje ko abashinzwe umutekano basohoye Kanye West n’umugore we nyuma y’uko uyu mugore yambaye imyambaro igaragaza ubwambure bwe.
Nyuma y’umwanya muto Kanye West na Censori bageze muri Crypto.com Arena, bongeye kugaragara basohoka muri iyi nyubako, binjira mu modoka yabakuye ahabereye ibi birori bitarangiye.
Nubwo benshi bakomeje guhamya ko aba bombi birukanywe kubera imyambarire idakwiriye, hari n’amakuru avuga ko nyuma yo kunyura ku itapi itukura, bahisemo kuva ahaberaga ibi birori ku bushake bwabo.
Kugeza ubu abasanzwe bategura Grammy Awards, ntacyo baratangaje kuri ibi.
Kanye West yari yatumiwe muri ibi birori kuko yari umwe mu bari bahataniye igihembo cy’indirimbo nziza ya Rap.
Uyu muraperi uzwi mu ndirimbo ‘Heartless’ yari yitezweho kwegukana igihembo cye cya 25 cya Grammy, binyuze mu ndirimbo ‘Carnival’ yakoranye na Ty Dolla $ign. Icyakora, icyo gihembo cyegukanywe na Kendrick Lamar kubera indirimbo ‘Not Like Us’.






TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!