00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pastor P agiye gusohora ‘Volume’ ya mbere y’indirimbo zikoze mu njyana yahanze

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 February 2025 saa 11:35
Yasuwe :

Umuhanga mu gutunganya indirimbo Pastor P, agiye gusohora icyiciro (volume) cya mbere cy’indirimbo icumi zikoze mu njyana ye yise ‘Indanga’.

Volume ya mbere ya Pastor P igizwe n’indirimbo icumi yakoranye n’abahanzi ndetse n’amatorero yo mu turere dutandukanye tw’u Rwanda.

Ni indirimbo zirimo iyo yakoranye n’Abasaamyi ba Nkombo mu Karere ka Rusizi, Abarashi bo mu Karere ka Kirehe, Kaniga troupe bo mu Karere ka Gicumbi, Twizerane b’i Rubavu n’Abakundamuco b’i Kirehe.

Yanakoranye n’abandi barimo Indatwa n’Abarerwa bo mu Karere ka Kamonyi, Sophie Nzayisenga, Ababeramuco b’i Nyanza, Nina Gakwisi wo mu Bigogwe na Kabatsi Félicien wo mu Karere ka Musanze.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Pastor P yavuze ko yishimiye kuba abashije kurangiza uyu mushinga cyane ko wamutwaye umwanya munini n’imbaraga zidasanzwe.

Ati “Ni umushinga umaze igihe mu byukuri, ibaze igihe namaze nzenguruka mu turere ubona nanyuzemo. Byansabaga kujya aho abo twakoranye bitoreza kugira ngo tubashe gukora neza kandi hari n’aho byansabaga kujya nkamarayo iminsi.”

Ikindi cyashimishije Pastor P ni uko izi ndirimbo zirimo izizaba zikoze mu ndimi zo mu turere yakoreyemo ubusanzwe zidakunze gukoreshwa nk’ab’i Rusizi ku nkombo bakoresha ‘Amahavu’, ab’i Gicumbi mu Kaniga bakoresha ‘Urukiga’ n’Abarashi b’i Kirehe bakoresha ‘Ikirashi’.

Aba mbere bazumva indirimbo zigize iyi ’Volume’ ku wa 6 Gashyantare 2025 muri ’Institut Français du Rwanda’ aho kwinjira bizaba ari 5000Frw.

Pastor P agiye gusohora 'Volume' ya mbere ikoze mu njyana yihimbiye 'Indanga'
Urutonde rw'indirimbo zigize volume ya mbere ya Pastor P
Aba mbere bagiye kumva indirimbo zigize iyi volume

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .