00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Juno Kizigenza yanyomoje amakuru y’ubukwe bwe na France Mpundu

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 15 February 2025 saa 08:09
Yasuwe :

Juno Kizigenza yanyomoje amakuru yari amaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko yaba ari kwitegura ubukwe n’umuhanzi France Mpundu.

Mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE, Juno Kizigenza yavuze ko ayo makuru nawe yayabonye ku mbuga nkoranyambaga.

Ati “Nta bukwe reka reka, icyabaye ni uko nanjye nabibonye mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga ariko ntabwo ari byo. Uretse kuba dukorana, nta kindi kiri inyuma.”

Ibi kandi byashimangiwe n’umujyanama w’uyu muhanzi, Nando Bernard, wavuze ko uretse kuba aba bahanzi basanzwe bakorana muri ‘Huha Redords,’ nta by’urukundo bihari na mbere y’uko byitwa ubukwe.

Juno yari aherutse kubwira RBA ko nta mukunzi afite, icyakora akaba ari kumushaka.

France Mpundu udakunze kumvikana mu nkuru z’urukundo, ni umwe mu bahanzikazi bagezweho mu ndirimbo nka ‘Nzagutegereza’ ari nayo ya mbere yakoze kuva yinjiye muri ‘Huha records’ ya Juno Kizigenza.

Juno Kizigenza yanyomoje amakuru y’ubukwe bwe na France Mpundu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .