00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Juno Kizigenza na Miss Muyango bagiye kwerekeza i Burayi gushyigikira Bwiza

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 4 March 2025 saa 11:32
Yasuwe :

Miss Muyango Claudine na Juno Kizigenza bemeje ko bazitabira igitaramo cya Bwiza mu Bubiligi, mu rwego rwo kumushyigikira ubwo azaba amurika album ye ya kabiri yise ‘25 Shades’.

Ibi yaba Juno Kizigenza na Miss Muyango, babigarutseho mu mashusho yashyizwe hanze n’abari gutegura iki gitaramo, aho bumvikanye basaba abatuye i Burayi n’i Bruxelles by’umwihariko kuzitabira ku bwinshi.

Nubwo Juno Kizigenza atashyizwe ku rutonde rw’abazaririmba muri iki gitaramo, amakuru ahari ni uko byitezwe ko azacyitabira akaba yanaramutsa abakunzi b’umuziki bazaba bahari.

Miss Muyango uri mu bakunzwe ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda, we azifatanya na Bwiza mu rwego rwo kumushyigikira.

Aba baziyongera kuri Ami Pro, umunyamakuru w’i Burundi nawe byemejwe ko azitabira iki gitaramo, Ally Soudy waturutse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Lucky Nzeyimana bazafatanya kukiyobora.

Hari kandi The Ben uzataramira abakunzi b’umuziki we bazaba bakoraniye muri iki gitaramo.

Iki gitaramo kizaba ku wa 8 Werurwe 2025.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 4 Werurwe 2025 nibwo The Ben na Bwiza bageze mu Bubiligi aho bagiye gukomereza imyiteguro y’igitaramo cyabo.

Bwiza agiye kumurikira album ye mu gitaramo kizabera mu Bubiligi
Juno Kizigenza ni umwe mu bagiye kwerekeza i Burayi gushyigikira Bwiza
Miss Muyango nawe agiye kwerekeza i Burayi gushyigikira Bwiza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .