00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Josh Ishimwe yambitse impeta umukobwa utuye muri Canada

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 February 2025 saa 06:54
Yasuwe :

Josh Ishimwe uri mu bahanzi bamaze kubaka izina mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, yambitse impeta umukobwa witwa Gloria usanzwe atuye muri Canada, nubwo uyu muhango bawukoreye mu Bufaransa.

Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Josh Ishimwe yahamije ko yambitse impeta uyu mukobwa bamaze imyaka itatu bakundana nubwo bamaze igihe baziranye.

Ati “Namwambitse impeta, nibyo! Ni umukobwa tumaranye imyaka itatu dukundana ariko mu by’ukuri tumaze igihe tuziranye kuko twariganye no mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.”

Uyu muhanzi yavuze ko bahuriye mu Bufaransa ari naho yamwambikiye impeta.

Ishimwe Joshua ni umusore w’imyaka 25 y’amavuko, wadukanye uburyo bwo gukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana abinyujije mu njyana gakondo. Yatangiye umuziki mu 2020.

Ni umusore wakuriye mu Itorero rya ADEPR aho kuri ubu abarizwa muri ADEPR Samuduha. Ntabwo aratangira gukora indirimbo ze bwite yanditse ahubwo agenda asubiramo izindi abantu basanzwe bazi. Amaze gusubiramo indirimbo zizwi haba muri Kiliziya Gatolika ndetse n’izikoreshwa mu matorero nka ADEPR n’ahandi.

Zirimo Inkingi Negamiye, Yesu Ashimwe, Hari icyo Nkwaka, Rumuri Rutazima, Imana Iraduteteruye, Reka Ndate Imana Data, Munsi y’Umusaraba, Yezu Wanjye, Amasezerano, Yesu Ndagukunda n’izindi.

Josh Ishimwe yavuze ko uyu mukobwa bamaze igihe baziranye kuko baniganye mu mashuri yisumbuye
Ibyishimo ni byose kuri uyu mukobwa wamaze kwambikwa impeta na Josh Ishimwe
Josh Ishimwe yavuze ko uyu mukobwa yambitse impeta bamaze imyaka itatu bakundana
Josh Ishimwe yambikiye impeta uyu mukobwa mu Bufaransa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .