00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jean-Claude Van Damme akurikiranyweho gusambanya abagore batanu b’Abanya-Romania

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 April 2025 saa 08:14
Yasuwe :

Jean-Claude Van Damme wamamaye muri sinema ku Isi yose, akurikiranyweho ibyaha byo gusambanyiriza abagore batanu b’Abanya-Romania mu birori yari yateguriye mu Bufaransa.

Urwego rushinzwe iperereza ku byaha by’iterabwoba n’ubugizi bwa nabi muri Romania (DIICOT) rwakiriye ikirego kiregwamo Jean-Claude Van Damme w’imyaka 64, ashinjwa kuryamana n’abagore batanu b’abanyamideli abizi neza ko bacurujwe n’itsinda riyobowe na Morel Bolea risanzwe rizwiho gucuruza abantu.

Van Damme akekwaho ko muri Cannes yakiriye abagore batanu b’Abanya-Romania nk’impano kandi yari azi neza ko baturutse mu itsinda ry’abacuruza abantu.

Adrian Cuculis, wunganira umwe mu bagizweho ingaruka n’iki gikorwa, yabwiye Televiziyo ya CNN [Antena 3] ko abo bagore icyo gihe “bari mu bihe by’ubukene bukabije’’. Kugeza ubu, abahagarariye Van Damme n’urwego rwa DIICOT nta kintu baravuga kuri ibi birego.

Umwe mu bagore wari uhari ubwo byabaga mu birori byateguwe na Van Damme mu Mujyi wa Cannes mu Bufaransa, yabwiye abashinjacyaha ibyo yabonye, bituma DIICOT itangiza iperereza kuri iki kibazo.

Cuculis yatangaje ko iki kibazo gifitanye isano n’iperereza rikaze ryatangiye mu 2020 ku byaha by’icuruzwa ry’abantu n’iry’abana.

Kugira ngo urubanza rukomeze, Urukiko rw’Ikirenga mu Bufaransa rugomba kwemeza ko ibirego byakwakirwa, kandi abagize uruhare muri iki kibazo bagatumizwa muri Romania kugira ngo batange ubuhamya.

Jean-Claude Van Damme yatangiye kumenyekana muri sinema binyuze muri filime ’Bloodsport’ yagiye hanze mu 1988, akomereza muri filime zakunzwe nka ’Kickboxer’, ’Double Impact’ , ’The Expendables 2’ n’izindi zitandukanye.

Aheruka kugaragara mu yitwa ’Minions: Rise of Gru’ yo mu 2022 na ’The Gardener’ yo mu 2025.

Jean-Claude Van Damme akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya abagore b’Abanya-Romania

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .