Bikekwa ko iki cyaha cyakozwe mu 2000 ubwo Diddy na Jay Z bari mu birori byakurikiye itangwa ry’ibihembo bya ‘MTV Video Music Awards’.
Umunyamategeko wa Jay C, Alex Spiro, kuri uyu wa 16 Ukuboza 2024, yatangarije kuri televiziyo NBC ko nubwo Isi isanzwe izi ko aba baraperi bombi bahoze ari inshuti z’akadasohoka atari ukuri.
Yagize ati “Jay Z na Diddy ntabwo ari inshuti, nta bushuti bwihariye cyangwa umubano udasanzwe bafitanye. Kuba baziranye, baraziranye, nta kindi. Bahuzwaga n’ibikorwa by’umuziki n’ishoramari ariko nyuma yaho nta bundi bushuti bigeze bagirana.”
Uyu munyamategeko yatangaje ko Jay Z atigeze yifatanya na Diddy gufata ku ngufu cyangwa gukora ikindi gikorwa kibi cyose, yongeraho ati “Kugeza n’ubu nta mubano bafitanye.”
Ibyatangajwe n’uyu munyamategeko ntabwo biri kuvugwaho rumwe ku mbuga nkoranyambaga nk’uko TMZ yabitangaje, kuko ngo bisa n’aho Jay Z yihakanye Diddy mu bihe bikomeye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!