00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jay-Z yagaragaye mu ruhame nyuma yo gushinjwa gusambanya umwana w’imyaka 13

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 10 December 2024 saa 05:24
Yasuwe :

Umuraperi Jay-Z yagaragaye mu ruhame nyuma y’umunsi umwe wari ushize, hagaragaye ikirego cy’umugore umushinja kumusambanya afatanyije na P.Diddy [ubu uri mu buroko], mu 2000 ubwo yari afite imyaka 13 y’amavuko.

Jay-Z yagaragaye ku itapi itukura ari kumwe n’umuryango we ubwo harimurikwaga filime “Mufasa: The Lion King”, igaragaramo umukobwa we Blue Ivy w’imyaka 12 ndetse na Beyoncé.

Iyi filime yamurikiwe mu Mujyi wa Los Angeles aho uyu muhanzi kandi yari kumwe na nyirabukwe Tina Knowles. Iyi yerekanwaga igaragaramo abo mu muryango we imara iminota 118.

Jay Z yagaragaye mu ruhame nyuma y’umunsi umwe gusa ashinjwe gufata ku ngufu umugore mu 2000. TMZ yari yatangaje ko uyu mugore wagannye inkiko imyirondoro ye itaratangazwa, ari gukoresha amazina ya Jane Doe. Agaragaza ko yahohotewe nyuma y’ibirori bya MTV Video Music Awards 2000.

Uyu mugore yari yashyikirije ikirego cye urukiko mu Ukwakira uyu mwaka, avuga ko Diddy n’icyamamare cy’umugabo ndetse n’undi mugore bamuhohoteye.

Ku Cyumweru tariki 8 Ukuboza, yongeye gutanga ikirego agaragaza byeruye ko iki cyamamare kindi atari yatangaje mbere ari Jay-Z.

Iki kirego kikijya hanze Jay-Z yacyamaganiye kure avuga ko atari byo, ko yiteguye kugaragaza ko ari umwere.

Jay-Z kandi yanumvikanye asaba ko imyirondoro y’uyu mugore umurega yashyirwa hanze niba koko ibyo avuga ari ukuri.

Nyuma yo kuvugwa mu kirego cya P.Diddy, ibyamamare bitandukanye byagize icyo bivuga ku bishinjwa Jay-Z. Nka 50 Cent we yahise yibaza niba igitaramo cya ‘Super Bowl Half-Time Show’ gitegurwa buri mwaka na Jay-Z umwaka utaha kizaba.

Soulja Boy we yavuze ko ibi birego bikomeje gushinjwa ibyamamare byiganjemo abirabura muri Amerika, bigamije kubashyira hasi kubera urwego bamaze kugeraho n’ubutunzi bafite. Meek Mill we yagaragaje ko yumiwe.

Jay-Z yaserukanye na Beyoncé nta kibazo bafite n'ubwo uyu mugabo amaze umunsi ashinjwe gusambanya umwana
Uhereye ibumoso nyirabukwe wa Jay-Z, Tina Knowless, Jay-Z, Beyoncé na Blue Ivy ubwo batambukaga ku itapi itukura
Beyoncé na nyina Tina Knowless bari bitabiriye iki gikorwa cyo kwerekana filime agaragaramo n'umukobwa we
Beyoncé yagaragazaga akanyamuneza ku maso n'ubwo umugabo we ari mu bitoroshye
Beyoncé n'umukobwa we Blue Ivy bari babukereye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .