00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itsinda J-Sha ryagaragaje umukoro w’abavutse nyuma ya Jenoside mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 11 April 2025 saa 07:56
Yasuwe :

Itsinda rya J-Sha ry’abakobwa babiri b’impanga[Bukuru Jennifer na Butoya Shakira] ryagaragaje ko urubyiruko cyane cyane urwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, rufite umukoro ukomeye wo gufata iya mbere mu gukomeza gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Aba bakobwa babigarutseho mu kiganiro bagiranye na IGIHE, nyuma yo gushyira hanze indirimbo yabo yo kwibuka bise “Ntibizongera”. Ni indirimbo ikubiyemo ubutumwa bwerekana ko ibyabaye mu Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi, bigomba kubera isomo ibiragano byose ku buryo buri wese agomba kwiyumvamo ko bitazongera kubaho ukundi.

By’umwihariko Butoya Shakira n’umuvandimwe we bavutse nyuma ya Jenoside, ndetse uyu mukobwa mu butumwa bwe yavuze ko abantu bakwiriye kwirinda ubutumwa bwo gupfobya

Yagize ati “Ibikwiriye kuturanga ni ukwibuka twiyubaka, twirinda abapfobya n’abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. J-Sha twifatanyije n’Abanyarwanda muri ibi bihe bikomeye byo kwibuka.”

Yakomeje asaba urubyiruko bagenzi be cyane cyane abavutse nyuma ya Jenoside, kuba ikiraro cyo guharanira icyo ari cyo cyose cyatuma u Rwanda rwongera gusubira aho rwavuye.

Uyu mukobwa akomeza agira ati “Bakwiriye kurwanya ingengabitekerezo, ya Jenoside no gusigasira amateka bityo tugasenyera umugozi umwe, tukubaka igihugu cyacu cyatubyaye kandi tukirinda ikintu cyakongera kudutatanya. Ni umukoro wacu nk’abahanzi kwifashisha ibihangano muri urwo rugamba, kandi ni n’umukoro wa buri wese, ijwi rye aho rishobora kuba yarikoresha atanga uwo musanzu.”

J-Sha bashyize hanze indirimbo yo kwibuka
J-Sha bavuga ko urubyiruko rukwiriye gufata iya mbere mu kwamagana abapfobya Jenoside

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .