Iri torero ryahawe iminota itatu n’igice mu gususurutsa abitabiriye ibi birori wabonaga buri wese anyuzwe n’imbyino z’abasore n’abakobwa bagize iri torero babyinnye baririmba indirimbo ‘Uzaze urebe n’izindi.
Uretse ‘Urukerereza’ muri ibi birori harimo abandi bantu batandukanye bamuritse imbyino n’indirimbo biranga umuco w’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth.
Uyu mwaka uyu munsi wa Commonwealth ufite insanganyamatsiko ivuga ku ’guharanira ejo hazaza harambye kandi harangwa amahoro’.
Uyu munsi wizihijwe hirya no hino mu bihugu bigize Commonwealth aho ba Ambasaderi bahagarariye u Bwongereza muri ibyo bihugu basomye ubutumwa bw’ Umwami w’u Bwongereza Charles III.
Mu birori byabereye i Westminster Abbey aho ‘Itorero Urukerereza’ ryataramiye umwami Charles III, yahaye icyubahiro Umwamikazi Elizabeth II amushimira ku bwitange yagize kuri Commonwealth mu myaka 70 yamaze ayobora u Bwongereza.
Nibwo butumwa bwa mbere umwami Charles III atanze ku munsi wa Commonwealth kuva yagera ku ngoma.
Ibi birori byari birimo abandi bagize umuryango w’ibwami barimo Princess Camilla, Prince William, Princess Anne n’abandi.
📺 A moment of national pride!
Rwanda’s national ballet, @Urukerereza performed at the UK’s #CommonwealthDay service in Westminster Abbey @wabbey, showcasing the vibrancy of Rwandan culture to the Commonwealth and the world. 🇷🇼🌍#RwandaInUK #OurCommonwealth
🎥: BBC pic.twitter.com/7p9cDxvDz0
— 🇷🇼Rwanda in UK 🇬🇧🇮🇪🇲🇹 (@RwandaInUK) March 13, 2023
The National Ballet of Rwanda, @Urukerereza, is in the UK to perform at the Commonwealth Day celebrations.@ITVnews stopped by the High Commission for a sneak preview and a chat with them. It turned into an epic display of Rwanda's culture with beauty, style, elegance and skill. pic.twitter.com/X5X3wqr2nC
— 🇷🇼Rwanda in UK 🇬🇧🇮🇪🇲🇹 (@RwandaInUK) March 11, 2023











TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!