00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itorero ‘Ishyaka ry’Intore’ ryakomotse ku Bihame by’Imana rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cya mbere

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 7 January 2025 saa 11:27
Yasuwe :

Itorero ‘Ishyaka ry’Intore’ rigizwe n’intore zahoze mu Bihame by’Imana rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyaryo cya mbere ryise ‘Indirirarugamba’ kizaba ku wa 25 Mutarama 2025.

Iri torero ryasobanuye ko iki gitaramo kizabera muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV), ahazwi nka Camp Kigali.

Amakuru IGIHE yahawe na bamwe mu bari kugitegura avuga ko uretse gutangaza aho kizabera, bamaze iminsi mu myiteguro, bitoza ku buryo abazitabira batazatahana ingingimira.

Kwinjira muri iki gitaramo ni 5 000 Frw ahasanzwe, 10.000 Frw mu myanya ya VIP, 20.000 Frw muri VVIP mu gihe ku meza y’abantu umunani ari 250.000 Frw.

Bamwe mu bazwi basezeye Ibihame by’Imana bakerekeza mu ‘Ishyaka ry’Intore’ harimo Cyogere Edmond, Mucyo w’Icyogere, Gatore Yannick na Ruti Joel.

Kugeza ubu, ntabwo biramenyekana niba hari abandi bahanzi bazafatanya n’Ishyaka ry’Intore muri iki gitaramo.

Ushaka kugura itike yo kujya mu gitaramo cy’iri torero, wakanda hano https://ishyakaryintore.sinc.events/ishyaka_ry_870

Itorero Ibihame by'Imana riherutse gucikamo ibice bibiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .