Nubwo nta makuru menshi aratangazwa kuri iki gitaramo, abagize iri torero bamaze kukirarikira abakunzi b’umuhamirizo w’intore.
Itorero ‘Ishyaka ry’intore’ ryashinzwe na bamwe mu bahamirizaga mu Itorero Ibihame by’Imana baherutse kuryiyomoraho bajya gushinga iryabo, iki kikaba igitaramo cya mbere bazaba bakoranye.
Bamwe mu bazwi basezeye Ibihame by’Imana bakerekeza mu ‘Ishyaka ry’Intore’ harimo Cyogere Edmond, Mucyo w’Icyogere, Gatore Yannick, Ruti Joel n’abandi benshi.
Umwuka mubi wari umaze igihe mu Itorero Ibihame by’Imana, waturitse mu Ukwakira 2024 ubwo byamenyekanaga ko hari abaryiyomoyeho bagashinga irindi torero.
Aka wa Munyarwanda wagize ati “Impamvu ingana ururo!” aba bari bahisemo kugira ibanga iby’itandukana ryabo, baje gupfa konti ya Instagram aho ‘Ibihame by’Imana’ byashinjaga ‘Ishyaka ry’intore’ kuyishimuta bituma intambara y’amagambo irota nubwo bihutiye guhita bayihosha.
![](local/cache-vignettes/L1000xH1000/iyi_ni_integuza_y_ishyaka_ry_intore___banyarwanda_banyarwandakazi_muriteguye_gutarama-e73a3.jpg?1735220679)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1166/umutima_w_intwari_mu_ikotaniro_ry_ingabo__mugwiza_olivier-35b7b.jpg?1735220679)
![](local/cache-vignettes/L1000xH1203/umutima_w_intwari_mu_ikotaniro_ry_ingabo__mugwiza_olivier_1_-4fd0a.jpg?1735220679)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!