00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Itike ya make mu gitaramo cya The Ben i Kampala yashyizwe ku arenga ibihumbi 50 Frw

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 25 March 2025 saa 06:40
Yasuwe :

Mu gihe The Ben akomeje imyiteguro y’igitaramo cye kizabera muri Kampala Serena Hotel ku wa 17 Gicurasi 2025, hamaze gusohoka ibiciro byo kucyinjiramo, aho tike ya make izaba igura arenga ibihumbi 50 Frw.

Utereye ijisho ku biciro byo kwinjira mu gitaramo cya The Ben i Kampala muri Uganda, usanga itike ya make ari ibihumbi 150UGX (57 000Frw), mu gihe iya VVIP yo ari ibihumbi 500UGX (190 000Frw), naho abantu umunani bashaka kwicarana ku meza yo muri VVIP bizaba ari miliyoni enye z’amashilingi ya Uganda (1 500 000Frw).

Aya matike yamaze gushyirwa ku isoko n’abari gutegura iki gitaramo barimo na Alex Muhangi uri mu banyarwenya bakomeye muri Uganda.

Iki gitaramo cya The Ben i Kampala kiri mu mujyo w’ibyo yateguye byo kumenyekanisha album ye yise ‘The plenty love’ yamurikiye muri BK Arena ku wa 1 Mutarama 2025.

Byitezwe ko The Ben azataramira muri Uganda nyuma yo kuva i Burayi, aho yakoreye ibitaramo bitandukanye.

Itike yo kwinjira mu gitaramo cya The Ben i Kampala yahanitswe cyane
The Ben agiye gutaramira i Kampala nyuma y'iminsi azenguruka u Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .