Ibi Israel Mbonyi yabigarutseho ubwo yari yatumiwe mu makuru ya RBA, abajijwe ahaturutse igitekerezo cy’ibi bitaramo bye.
Mu magambo ye, Israel Mbonyi yagize ati “Hari ukuntu Noheli abantu basangira n’imiryango, bagatarama, bagasangira ariko ku mugoroba ukira nk’indi yose. Naricaye ndatekereza ndavuga nti ’uwategura ikintu abantu bazajya bahuriramo bagasoza umunsi wa Noheli.”
Ku nshuro ya gatatu, Israel Mbonyi agiye gukora igitaramo ‘Icyambu 3’ azaba aninizihirizamo imyaka 10 amaze mu muziki cyane ko yawutangiye mu 2014.
Ni ibitaramo bibera muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza buri mwaka.
Israel Mbonyi agiye gukora iki gitaramo nyuma yo kuzenguruka mu bihugu binyuranye nka Uganda, Tanzania ndetse na Kenya aho ateganya gusubira ku wa 31 Ukuboza 2024.
Kanda hano ubashe kugura itike yawe
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!