00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel Mbonyi yageze i Nairobi (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 31 December 2024 saa 03:59
Yasuwe :

Umuhanzi Israel Mbonyi yageze mu mujyi wa Nairobi muri Kenya, aho ateganya gukorera igitaramo gisoza umwaka kuri uyu wa 31 Ukuboza 2024.

Uyu muhanzi akigera i Nairobi kuri uyu wa 31 Ukuboza, yakiriwe n’itsinda ry’abateguye igitaramo, babona kumuherekeza ubwo yerekezaga kuri hoteli acumbikamo.

Mbonyi akigera kuri iyi hoteli ari na yo yabereyemo ikiganiro cye n’abanyamakuru, yakiriwe n’umunyarwenya Churchill.

Uyu munyarwenya uri mu bakomeye muri Kenya, ni we watumiye Mbonyi muri gitaramo kiba mu ijoro ryo kuri uyu wa 31 Ukuboza.

Byitezwe ko uyu muhanzi yerekeza ahabera igitaramo mu rwego rwo gusuzuma ibyuma mbere y’uko asubira kuri hoteli kuruhuka ndetse no kwitegura neza kurushaho.

Muri Kanama 2024 Mbonyi na bwo yari muri Kenya mu gitaramo yakoreye muri Ulinzi Sports Complex, ahari hakoraniye ibihumbi by’Abanya-Kenya.

Abitabiriye icyo gitaramo barimo Umuvugizi wa Guverinoma ya Kenya, Isaac Mwaura, Kalonzo Musyoka wabaye Visi Perezida wa Kenya, Depite Peter Salasya na Eugene Wamalwa.

Mbonyi wari umuhanzi mukuru muri iki gitaramo cyiswe ’Africa Worship Experience’, yeretswe urukundo rudasanzwe kuva akigera muri iki gihugu, bigeze mu gitaramo biba akarusho.

Igitaramo cya Israel Mbonyi muri Kenya gikurikiye icyo yakoreye i Kigali muri BK Arena ku wa 25 Ukuboza 2024.

Israel Mbonyi akigera i Nairobi yakiriwe n'itangazamakuru ryaho
Ubwo Israel Mbonyi yageraga i Nairobi, byagaragaye ko yari afite akanyamuneza
Abanyamakuru bari benshi ku kibuga cy'indege
Churchill niwe wahaye ikaze Israel Mbonyi
Israel Mbonyi aganira na Churchill
Bigaragara ko itangazamakuru ryo muri Kenya ryari rikumbuye Israel Mbonyi
Israel Mbonyi akigera kuri hoteli Westwood acumbikamo
Israel Mbonyi yatangaje ko yishimiye ko agiye kongera gutaramira muri Kenya
Israel Mbonyi nta mwanya na muke yafashe wo kuruhuka
Nyuma y'ikiganiro n'abanyamakuru, Israel Mbonyi yahise ajya gusura ahabera igitaramo kugira ngo asuzume n'ibyuma

Amafoto: Tresor Raban


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .