00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel Mbonyi wishimiwe i Nairobi yatashye atanyuzwe (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 January 2025 saa 12:09
Yasuwe :

Israel Mbonyi watanze ibyishimo ku bitabiriye igitaramo yari yatumiwemo cyo kwinjiza Abanyakenya mu mwaka wa 2025, yatashye atanyuzwe kubera ko ibyuma bamuhaye kuririmbiraho atabyishimiye, ahiga gusubirayo akahakorera ikindi kinini kandi cyiza.

Uyu muhanzi ni umwe mu bari batumiwe mu gitaramo ‘Churchill Show Crossover’ cyabereye mu Mujyi wa Nairobi, aho yahuriye ku rubyiniro n’abarimo Christina Shusho, Eunice Njeri, Joel Lwanga n’abandi benshi.

Muri iki gitaramo, Israel Mbonyi yasanze batigeze batekereza ko akora umuziki wa Live, ibyatumye adakora igitaramo cyiza nkuko yabyifuzaga.

Ubwo yari ku rubyiniro, ageze hagati yagize ati “Kenya ndabakunda, ndifuza ko umunsi umwe nazaza hano nje kubakorera igitaramo kinini kandi cyiza cyane.”

Ati “Ntababeshye iwacu biragoye gukora igitaramo cya Playback, ni nayo mpamvu tuba twazanye ikipe y’abacuranzi beza kugira ngo badufashe kuryoherwa n’umuziki. Ntavuze ko ibyuma ari bibi, nanjye ubwanjye ntabwo ndi kwiyumva.”

Israel Mbonyi yahise ahamagara Churchill imbere y’abafana amusaba gutegura igitaramo kinini akazamutumiramo mu rwego rwo kunezeza abakunzi be.

Churchill nawe utagoranye yahise yemera ko muri gahunda bafite harimo gutegura ibindi bitaramo binini kandi bizeye nza kuzongera kumutumira.

Nubwo atari yanyuzwe n’ibyuma, Israel Mbonyi ntabwo yigeze yicisha irungu abakunzi be kuko yabaririmbiye indirimbo ze ziganjemo iziri mu ‘Kiswahili’ ziyobowe na ‘Nina Siri’ ndetse na ‘Nitaamani’ ikunzwe bikomeye i Nairobi.

Abakunzi b'umuziki bari benshi mu gitaramo cya Israel Mbonyi
Umunyarwenya Churchill ni umwe mu bafite izina rikomeye muri Kenya
Nyuma y'igitaramo uyu munyabugeni yashyikirije Israel Mbonyi impano ye
Nubwo atishimiye ibyuma yacurangiyeho, Israel Mbonyi yatanze 'Ubunani' ku Banya-Kenya
Israel Mbonyi yavuze ko yishimiye kongera gutaramira muri Kenya
Israel Mbonyi yari yajyanye n'itsinda risanzwe rimufasha ku rubyiniro
Israel Mbonyi n'abamufasha ku rubyiniro banyuzagamo bakabyinira abakunzi b'uyu muhanzi
Israel Mbonyi ukunzwe bikomeye muri Kenya ni uku yahingutse ku rubyiniro
Churchill yemeye ko ibyuma bitari bimeze neza, yizeza Israel Mbonyi ikindi gitaramo i Nairobi
Churchill wateguye ibi bitaramo ni nawe wakiriye Israel Mbonyi ku rubyiniro
Israel Mbonyi byamusabye gukoresha imbaraga zose zishoboka kugira ngo ashimishe abakunzi be, cyane ko ibyuma bitamworoherezaga
Churchill yahamije ko azongera gutumira Israel Mbonyi mu gitaramo noneho kizaba ari ntamakemwa
Abakunzi b'umuziki we bamwakiranye yombi ku rubyiniro

Amafoto: Nsengiyumva Emmy


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .