00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Irasaba miliyoni 200 Frw: Impamvu y’idindira ry’umushinga wa filime ‘Imuhira’ ya Tom Close

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 February 2025 saa 07:35
Yasuwe :

Tom Close yemeje ko umushinga wo gukora filime ye yamaze kuwiga neza, ukaba unateguye neza, ikibura kikaba ari ishoramari cyane ko ukeneye amafaranga menshi kuko byibuza kugira ngo awukore neza bimusaba abarirwa hagati ya miliyoni 150-200 Frw.

Ibi Tom Close yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yahaye IGIHE, ubwo yari abajijwe aho umushinga wa filime yise Imuhira’ waheze.

Ati “Filime yanjye iratinze ariko niza izaba ari igikurankota […] umushinga wayo uko turi kuwutegura ugenze neza, izaba ari filime iri ku rwego mpuzamahanga.”

Ku rundi ruhande nubwo Tom Close yemeza ko imyiteguro yose y’umushinga wa filime ye yarangiye, ahamya ko ikibura ari amafaranga yo kuyikora ngo igende neza nk’uko ayifuza.

Ati “Ikibura ni umuntu waba afite amafaranga avuga ngo ndashaka kuyashora muri filime, umushinga urahari, inyigo y’uko uzunguka birahari. Urebye filime si nk’amashusho y’indirimbo rwose […] ni umushinga byansabye kuwitondera kuko ni mwiza cyane, n’ubu nshobora kuwukora uko mbonye ugasohoka ariko byaba ari nko gufata zahabu ukayita mu mwanda.”

Tom Close ahamya ko mu gihe yaba abonye ubushobozi buhagije yahita atangira gukora iyi filime yateguje mu minsi ishize.

Muri Mutarama 2024 ni bwo herekwanwe agace gato ka filime ya Tom Close byavugwaga ko agiye gukora ndetse izahita ijya hanze.

Iyi filime ibara inkuru y’umusore w’umusirikare witwa Rwimo, wavuye mu kazi agatabara umuryango w’iwabo uba waratewe na ba rushimusi b’inka.

Akigera mu gace k’iwabo, uyu musore yari afite amahitamo abiri, arimo kwisubirira mu gisirikare akava mu mirwano y’abajura b’inka z’iwabo zigashira azireba cyangwa agashikama akarwana nk’umugabo.

Agace gato k’iyi filime kerekanwe kagaragaramo abakinnyi basanganywe amazina akomeye nka Nkusi Arthur, Mazimpaka Jones Kennedy, Bahali Ruth n’abandi.

Amashusho yayo yafashwe na Director Gad, iyoborwa na Tom Close wayanditse.

Nkusi Arthur byitezwe ko azagaragara muri iyi filime ya Tom Close
Mazimpaka Jones Kennedy umubyeyi wa Nkusi Arthur ni umwe mu bitezwe muri filime 'Imuhira' ya Tom Close
Aya ni amwe mu mashusho azaba ari mu gace gato k'iyi filimi
Tom Close yari yavuze ko filime 'Imuhira' izasohoka mbere y'uko umwaka wa 2024 urangira ariko nkuko abivuga ubushobozi bwakomeje kumugonga
Tom Close yavuze ko ikibura ari ubushobozi iyi filime akajya yayikora
Filime ya Tom Close byitezwe ko izagaragaramo bimwe mu bikoresho bya gisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .