00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Irakoze Vanessa uzwi muri sinema yinjiye mu bijyanye no gutoza ‘Meditation’ n’ibyo kurimbisha inzu (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 February 2025 saa 07:13
Yasuwe :

Irakoze Ariane Vanessa wamamaye muri sinema y’u Rwanda akaba anaherutse guhembwa nk’umukinnyi mwiza w’umwaka mu Iserukiramuco rya ‘Mashariki Film Festival’ [MAAF] ryabaga ku nshuro ya cumi, yinjiye mu bijyanye na gutoza ‘Meditation’ ndetse n’ibyo kurimbisha inzu.

Uyu mukobwa umaze kubaka izina muri sinema, mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yahishuye ko uretse gukina filime akandi kazi akora ari akajyanye no gutoza ‘Meditation’ cyangwa se ibyo benshi bita ‘Meditation coach’ mu ndimi z’amahanga.

Uyu mukobwa umaze imyaka ibiri akora ibijyanye no gutoza ‘meditation’ mu kigo cyitwa ‘Sabai Mind Center’ giherereye i Remera, yagize ati “Kenshi usanga abantu bafite ibintu byinshi byivanze mu mutwe wabo baba bakeneye umuntu ubafasha muri ‘Meditation’ njye rero ndi umutoza wabyo.”

Vanessa ahamya ko nubwo Abanyarwanda benshi batarumva ibya ‘Meditation’ ariko hari ababikora kandi bikabagirira akamaro.

Uretse ibyo gutoza ‘Meditation’ yanize mu gihe cy’umwaka wose mbere y’uko yinjira mu kubitoza, Vanessa asigaye anakora ibijyanye no kurimbisha inzu cyangwa ibyo benshi bita ‘Interior design’ mu ndimi z’amahanga.

Ibijyanye na ‘Interior Design’, Vanessa ahamya ko nubwo yifuza kubyihugura ariko yatangiye kubikora atarabyize ahubwo byaraturutse ku kubikunda.

Ati “Ibyo byo nabitangiye ari ukubikunda gusa, nkumva hari ibintu nakabaye mpindura uko biteguye mu rugo. Rero byaje kurangira n’abashuti banjye batangiye kubikunda haba hari nk’uwimutse ugasanga aransaba ko najya kumufasha gutegura mu nzu ye gutyo gutyo.”

Nyuma yo kubona ko abikora bigakundwa, Vanessa yatangiye kubikora nk’akandi kazi. Nubwo ku rundi ruhande bidakuraho ko yifuza kubyiga nabyo akabikora noneho abifiteho n’ubumenyi.

Irakoze Ariane Vanessa winjiye muri sinema mu 2020, amaze kumenyakana muri filime nka ‘Ishusho ya papa’, ‘The Scret’, ‘Maya’, ‘Citymaid’ n’izindi zamufashije kuba icyamamare, umwaka ushize yahawe cy’umukinnyi mwiza w’umugore muri sinema y’u Rwanda.

Iyo muganira Vanessa udatinya kukubwira ko yakuze yiyumvamo kuzaba umu pilote, ahamya ko ari kurangiza amasomo ya ‘Business’ muri Kaminuza ya ‘Mount Kigali University’.

Irakoze Vanessa uzwi muri sinema yinjiye mu bijyanye no gutoza ‘Meditation’ n’ibyo kurimbisha inzu 'Interior design'
Uretse ibyo akora byose, Vanessa ari no kurangiza amasomo ya 'Business' muri 'Mount Kigali University'
Irakoze Vanessa aherutse guhabwa igihembo cy'umukinnyi wa filime wa mbere uhagaze neza mu Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .