00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Irafasha Reponse yatangiye gusohora filime ye bwite

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 August 2024 saa 10:38
Yasuwe :

Irafasha Sandrine Reponse umaze kubaka izina muri sinema y’u Rwanda, nyuma y’igihe akina muri filime z’abandi, yatangiye gusohora iye bwite yise ‘Mara’ mu rwego rwo kugaragaza ubuzima yanyuzemo.

Ibi uyu mukobwa yabibwiye IGIHE mu kiganiro kigufi twagiranye ubwo yari amaze gusohora agace ka mbere k’iyi filime y’uruhererekane ari gusohora binyuze kuri shene ye ya YouTube.

Reponse yinjiye mu myidagaduro y’u Rwanda nk’umuhanzi wa muzika ariko aza kuyishyira ku ruhande, yihebera sinema yinjiyemo mu 2019.

Uyu mukobwa wanyuze muri filime nka Matayo, Indoto, Citymaid, The Bishop family, Inzira y’umusaraba n’izindi, ahamya ko yatangiye gukora iye kugira ngo abashe gutambutsa ubutumwa ku buzima yanyuzemo.

Ati “Njye nagize inzozi zo gukora filime yanjye kugira ngo mbashe gutambutsa inzira y’ubuzima bwanjye, ‘Mara’ ibiyikubiyemo hafi ya byose ni ubuzima bwanjye.”

Uyu mukobwa yaboneyeho umwanya wo kurarikira abakunzi be kuzakurikira filime ye nshya ‘Mara’ kuko uretse kuba ari ubuzima bwe izanasigira isomo benshi.

Ati “Ni filime y’uruhererekane ishingiye ku nkuru mpamo, irimo inyigisho nyinshi ku mwana w’umukobwa kuko imwigisha kudacika intege no kurwana kugeza umuntu ageze ku nzozi ze.”

By’umwihariko Reponse ahamya ko iyi filime ye azayifashisha mu kuzamura impano z’abakiri bato by’umwihariko abana b’abakobwa baba bafite inzozi zo gukina sinema.

Irafasha Reponse yakoze filime igaruka ku buzima bwe bwite
Irafasha Reponse yatangiye gusohora filime ye bwite

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .