00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Inzozi za Olimah uri mu bahanzi batanga icyizere

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 12 March 2025 saa 01:53
Yasuwe :

Umuziki nyarwanda umunsi ku wundi wunguka abahanzi by’umwihariko b’abanyempano mu buryo butandukanye. Kuri ubu umwe mu bo guhangwa amaso ni umusore witwa Olimah.

Uyu musore ubusanzwe witwa Tony Iranzi afite imyaka 21 y’amavuko. Yabwiye IGIHE ko aririmba injyana zirimo Afrobeats na Reggaeton ndetse akaba afatira urugero ku bahanzi bamaze kubaka izina muri Afurika nka Omah Lay, ⁠Rema na Ruger bakomoka muri Nigeria ndetse n’Umunya-Canada Justin Bieber.

Olimah avuga ko yakuze akunda umuziki kuva mu bwana bwe, ariko akaza kuwutangira mu buryo bw’umwuga mu 2021 ubwo yashyiraga hanze indirimbo ye ya mbere yise “Manila” ndetse mu 2024 ashyira hanze Extended Play yise “20’s”.

Nyuma yashyize hanze izindi ndirimbo zirimo “Si Nonaha!”, “Underage” ndetse na “Aah” aheruka gushyira hanze mu minsi ishize.

Yavuze ko mu myaka itanu iri imbere ashaka kuzaba ari umuhanzi umaze kubaka izina mu Rwanda biturutse ku mwihariko we.

Ati “Nshaka gushyira hanze indirimbo nyinshi nzakorana n’abahanzi bo mu Rwanda no hanze.”

Avuga ko kandi uretse urukundo ashaka kuzaririmba no ku bindi bibazo byugarije sosiyete, birimo ibijyanye n’ibibazo byo mu mutwe byugarije benshi mu rubyiruko.

Mu buzima busanzwe Olimah yasoje amashuri yisumbuye mu bijyanye n’Imibare, Ubumenyi bwa Mudasobwa ndetse n’Ubukungu (MCE).

Reba ‘Aah’; indirimbo Olimah aheruka gushyira hanze

Olimah yatangiye umuziki mu 2021
Olimah ni umwe mu bahanzi bakiri bato batanga icyizere mu muziki nyarwanda
Olimah avuga ko mu myaka iri imbere ashaka kuzaba ari umwe mu bahanzi bakomeye mu Rwanda
Olimah ntabwo amaze igihe kinini yinjiye mu muziki. Yawutangiye mu myaka ine ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .