00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanya-Kigali banyuzwe n’umuziki w’aba-DJs barimo MadMaxx wo mu Bufaransa (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 30 December 2024 saa 09:17
Yasuwe :

Inkumi zitandukanye z’ikimero zagaragaye mu gitaramo gisoza umwaka cyiswe ‘December Madness 2024: Kigali’s Biggest Year-Ends Party’, cyabereye kuri Atelier du Vin, zanyuzwe n’umuziki bavangiwe n’abarimo DJ June, DJ Ino, DJ Tyga na DJ Tity usanzwe ubarizwa muri Canada.

Ni igitaramo cyabaye ijoro ryo ku wa 28 kugeza mu rukerera rwo ku wa 29 Ukuboza 2024. Cyateguwe na Taurus Entertainment yo muri Canada izwiho gutegura ibitaramo bitandukanye.

DJ MadMaxx wo mu Bufaransa wari umushyitsi mukuru muri iki gitaramo yagiye ku rubyiniro yitezwe na benshi, bari bari muri iki gitaramo cyari cyakubise cyuzuye aho cyabereye.

Uyu musore bamwe bari biteze ko acuranga indirimbo zo mu bihugu by’i Burayi cyangwa izindi zitarimo n’izo muri Afurika, ariko si ko byagenze kuko yacuranze uruvange rw’indirimbo zirimo n’izo mu Rwanda bishimisha benshi.

Mu ndirimbo yacuranze harimo ‘Dami Duro’, ‘Available’ na ‘Ayee’ za Davido, ‘Collabo’ ya Don Jazzy na P-Square, ‘Girl on Fire’ ya Alicia Keys, ‘Slowly’ na ‘Carolina’ za Meddy.

Hari kandi ‘4 Kampé’ y’umunya-Haiti Joé Dwèt Filé iri mu ndirimbo zigezweho cyane, ‘Mnike’ ya Tumelo.za and Tyler ICU, ‘Kulosa’ ya Oxlade n’izindi nyinshi ziganjemo izo muri Afurika zirimo n’Amapiano.

Uyu musore ufite umwihariko mu gucuranga yanyuzagamo, akegera abari bitabiriye iki gitaramo akanabyina. Ajya gusoza yabasabye kuzamura telefone bagacana amatoroshi arangije afatana ifoto nabo azinga ibyuma arataha.

Ubwo DJ MadMaxx yageraga mu Rwanda
DJ MadMaxx yageze mu Rwanda ajya kuri hoteli guhindura imyambaro ubundi ajya gutaramira abari bamutegereje kuri Atelien du Vin
Aba-Dj batandukanye bahawe umwanya muri iki gitaramo
Bamwe bafashe ifoto y'urwibutso
Abakobwa babyinishije bagenzi babo karahava
Abitabriiye babyinnye umuziki ipfa rirashira
Buri wese yabyinnye uko abishoboye
Abari bitabiriye iki gitaramo barirekuye barabyina karahava
DJ Ino uri mu bavanga imiziki bari kuzamuka neza ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye iki gitaramo
Zimwe mu ndirimbo zacurangwaga benshi ntibahishe amarangamutima yabo
DJ Ino yagaragaje ubuhanga mu kuvanga imiziki
DJ MadMaxx yageze ku rubyirniro ategerejwe na benshi
Byageze aho inkumi zimwe zisanga DJ MadMaxx ku rubyiniro
DJ MadMaxx yageze aho asaba abari bitabiriye gucana telefone zabo bafatana na we ifoto y'urwibutso
DJ MadMaxx ni ubwa mbere yari acurangiye mu Rwanda
DJ MadMaxx yafatanye ifoto n'abateguye iki gitaramo
DJ June ugezweho mu bavanga imiziki ni umwe mu basusurukije abari bitabiriye
DJ Tity yahawe umwanya asusurutsa abakunzi be
DJ Tyga yageze aho akuramo ikote yari yamnbaye
Igitaramo cya DJ MadMaxx mu Rwanda cyari cyitabiriwe ku bwinshi ndetse muri Atelien du Vin aho cyabereye hari hakubise huzuye
DJ Tyga yashimishije benshi
Iki gitaramo cyabaye iminsi ibiri
Iki gitaramo cyari cyateguwe na Taurus Entertainment yo muri Canada izwiho gutegura ibitaramo bitandukanye
Iki gitaramo kiri mu bisoza umwaka byitabiriwe ku bwinshi
Imyambarire y'ibirori ni yo yaranze iki gitaramo

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .