Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga akoresha, Inkindi yagize ati “Mwaramutse neza, Mfashe uyu mwanya ngira ngo nsabe imbabazi igitsina-gabo ku bwo gukoresha imvugo itari nziza mu ruhame mbibasira. Nanjye birambangamiye nubwo nabikoze nzi ko ari ibintu biri aho pee! Mwumve ko njye n’umutima wanjye duciye bugufi tubasaba imbabazi.”
Ni imbabazi yasabye nyuma yo gukoresha imvugo igira iti “Abagabo bandi imbere, ngo abagabo mu muhanda [...] nk’umuntu watoranyije bariya bana ba CTU kuki yatwaye abagabo bacu bose? Agasiga amagweja, ibimonyo n’ibiki…’’
Nyuma y’aya magambo, abenshi batangiye kumwibasira bavuga ko atari akwiriye kuvuga atyo, abandi bakavuga ko abamwibasiye ari uko ibyo yavugaga ari ukuri.
Nyuma y’iminsi mike uyu mukobwa atangiye kwibasirwa, yahise yihutira gusaba imbabazi abagabo ahamya ko ibyo yakoze atari abigambiriye cyane ko ibyo yanavuze atazi n’icyo bisobanuye.
Mwaramutse neza
Mfashe uyu mwanya Ngira ngo nsabe Imbabazi igitsina Gabo kubwo gukoresha imvugo itari nziza muruhane mbibasira🤲
Nanjye birambangamiye nubwo nabikoze nziko ari ibintu biraho pee, mwumve ko Njye n'umutima wanjye duciye bugufi tubasaba Imbabazi 🤲🙏 pic.twitter.com/UUk0GgeJlX— Aisha (@Aisha_Rwanda) July 20, 2024



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!