Gogo ni Umunyarwandakazi ukunze kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, aririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana.
Muri aya mashusho yumvikanamo aririmba amagambo agira ati “Everyday, I need the blood of Jesus.” Mu Kinyarwanda bivuze ngo “Buri munsi nkeneye amaraso ya Yesu.”
The Kiffness yatunganyije iyi ndirimbo yifashishije ibikoresho by’umuziki birimo Trompette na Piano, ayiryoshya kurushaho, ndetse yanamaze kuyisangiza abamukurikira ku rubuga rwa TikTok na YouTube.
Kugeza kuri uyu wa 11 Mutarama 2025, amashusho yakozwe na The Kiffness amaze kurebwa n’abarenga ibihumbi 67 ku rubuga rwe rwa Youtube rukurikirwa n’abakabakaba miliyoni eshatu.
The Kiffness asanzwe yifashisha amashusho atandukanye yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, abantu baba bavuga cyangwa baririmba, amajwi yabo akayahuza n’ibyuma by’umuziki ku buryo aryohera amatwi.
Amashusho yaherukaga gukora akavugisha benshi ni ay’umwana wo muri Bresil witwa Ruan Vitor. Abamaze kurebwa n’abasaga miliyoni enye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!