00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyitwarire ya Will Smith na India Martínez yanenzwe

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 27 February 2025 saa 04:33
Yasuwe :

Icyamamare muri sinema n’umuziki, Will Smith, akomeje guterwa amabuye ku mbuga nkoranyambaga bitewe n’imyitwarire yagaragaje ku rubyiniro ari kumwe n’umuhanzikazi India Martínez.

Ibi byabaye ubwo Will Smith na India Martinez baririmbaga mu gitaramo cyo gutanga ibihembo bya ‘Univision’s Premio Lo Nuestro Awards’ byabereye mu mujyi wa Miami.

Ubwo Will Smith na India Martinez bajyaga ku rubyiniro kuririmbana indirimbo yabo ‘First Love’, bitwaye mu buryo budasanzwe bituma abantu babanenga.

Uburyo bombi bakoranagaho, imibyinire yabo ndetse no kurebana akana ko mujisho. Bamwe banenze Will Smith ko yitwaye nk’aho ari umusore uri mu rukundo nyamara afite umugore, mu gihe India yanengwaga ko yakorakoraga uyu mugabo nk’aho ari umukunzi we.

Ibi kandi byarushijeho kuvugwa kuko bibaye mu gihe Will Smith n’umugore we Jada Pinkett bamaze igihe bafitanye amakimbirane.

Si ubwa mbere imyitwarire ya Will Smith ku rubyiniro inenzwe kuko mu 2022 nabwo yahindutse iciro ry’imigani nyuma yo gukubita urushyi umunyarwenya Chris Rock ubwo bari mu birori bya Oscars Awards.

Will Smith na India Martinez basomanye biratinda
Imyitwarire yabo yabagaragazaga nk'abari mu rukundo
Nyuma yo kuririmbana, Will Smith yateruye India Martinez
Imyitwarire yabo yanenzwe na benshi ku mbuga nkoranyambaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .