00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu y’amarira The Ben yasutse muri BK Arena

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 January 2025 saa 03:17
Yasuwe :

Mu ijoro ryakeye ubwo yari mu gitaramo ’The New Year Groove’, The Ben yongeye kurira imbere y’abafana, ibitatunguye benshi cyane ko akunze kugaragara mu ruhame arira iyo asazwe n’ibyishimo.

Ni amarira y’ibyishimo uyu muhanzi yavuze ko yakomoye ku kuba uyu munsi yari imbere y’abakunzi be nyamara aho yavuye ubuzima butari bworoshye.

Ati “Abagabo bararira kandi impamvu iroroshye cyane, iyo urebye ahantu uturuka ukareba ahantu uhagaze […] ntabwo nari nkwiye kuba mpagaze imbere yanyu ariko ndi hano. Imana ibahe umugisha uyu mwaka uzababere uw’umugisha udasanzwe.”

The Ben kwihangana byanze atangira kubarira abakunzi be inkuru y’ubuzima bubabaje yanyuzemo mbere yo kuba icyamamare.

Ati “Njye ndi umwana wavukiye Kampala muri Uganda […] tuba mu nzu y’icyumba na salon turi abana batandatu. Umubyeyi wanjye yaraturwaniriye, ntabwo aratangira kuza mu bitaramo byanjye kubera impamvu zitandukanye, ariko atewe ishema nanjye, akunda ibyo nkora kandi arabasengera mwese, ni umukozi w’Imana.”

The Ben amaze kuvuga iri jambo, yahise aturika ararira abafana.

Ibi byabereye mu gitaramo cy’amateka uyu muhanzi yakoreye muri BK Arena ahari hakoraniye abakunzi b’umuziki batari bake.

The Ben yakoze igitaramo cy'amateka muri BK Arena
Nyuma yo kubarira abakunzi be inkuru y'uko yakuriye mu buzima bugoye, The Ben yasutse amarira
Nk'ibisanzwe, The Ben iyo yishimye ku rwego rwo hejuru akunze gusuka amarira

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .