Ibi B Threy yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yari i Goma aho amaze iminsi afatira amashusho y’indirimbo ye nshya.
Ati “Ndi i Goma mu bikorwa byo kuhafatira amashusho, nubwo bagize ibibazo muri iyi minsi bakaba bavuye mu ntambara, hari indirimbo nari mfite numva nshaka kuyifatira amashusho ahantu hameze nk’uko hano hameze.”
Uyu muhanzi ahamya ko akibona ko i Goma nta bibazo biriyo yahise ajya kuhafatira amashusho y’indirimbo ye nshya anateganya gusohora nubwo yirinze kugaruka ku izina ryayo.
B Threy watangiriye umuziki mu itsinda rya Kinyatrap, kugeza uyu munsi amaze kugira album enye zirimo ‘Nyamirambo’ agace yakuriyemo, ‘2040’ yasohoye mu 2019 , ‘Muheto wa mbere’ yasohotse mu 2022 na ‘Muheto wa kabiri’ yasohoye mu 2024.
Izi album ziyongera kuri EP yise ‘Shwiii dah!’ yasohoye mu 2020 mu gihe mu 2023 bwo yasohoye EP yise ‘For life’.



TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!