00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu B Threy yahisemo kujya gufatira amashusho y’indirimbo ye i Goma hakiva intambara

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 13 February 2025 saa 11:39
Yasuwe :

B Threy amaze iminsi i Goma aho ari gufatira amashusho y’indirimbo ye nshya yitegura gusohora mu minsi iri imbere, agahamya ko yahisemo kujya kuhakorera kuko yahabonaga amahirwe y’uko hari ibikoresho akeneye bikiriyo.

Ibi B Threy yabigarutseho mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE ubwo yari i Goma aho amaze iminsi afatira amashusho y’indirimbo ye nshya.

Ati “Ndi i Goma mu bikorwa byo kuhafatira amashusho, nubwo bagize ibibazo muri iyi minsi bakaba bavuye mu ntambara, hari indirimbo nari mfite numva nshaka kuyifatira amashusho ahantu hameze nk’uko hano hameze.”

Uyu muhanzi ahamya ko akibona ko i Goma nta bibazo biriyo yahise ajya kuhafatira amashusho y’indirimbo ye nshya anateganya gusohora nubwo yirinze kugaruka ku izina ryayo.

B Threy watangiriye umuziki mu itsinda rya Kinyatrap, kugeza uyu munsi amaze kugira album enye zirimo ‘Nyamirambo’ agace yakuriyemo, ‘2040’ yasohoye mu 2019 , ‘Muheto wa mbere’ yasohotse mu 2022 na ‘Muheto wa kabiri’ yasohoye mu 2024.

Izi album ziyongera kuri EP yise ‘Shwiii dah!’ yasohoye mu 2020 mu gihe mu 2023 bwo yasohoye EP yise ‘For life’.

B Threy amaze iminsi mu Mujyi wa Goma
B Threy yari i Goma mu rwego rwo kuhafatira amashusho y'indirimbo
Nubwo ari umujyi uvuyemo intambara, B Threy ahamya ko hari ibikoresho yari awukeneyemo ari na byo byatumye ajyayo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .