00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu abarimo Juno Kizigenza, Double Jay na Miss Muyango batagaragaye mu gitaramo cya Bwiza mu Bubiligi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 March 2025 saa 01:12
Yasuwe :

Mu minsi ishize, Bwiza yakoreye igitaramo mu Bubiligi cyo kumurika album ye ‘25 Shades’, aho byari byitezwe ko hagombaga kugaragara abahanzi barimo Double Jay w’i Burundi na Juno Kizigenza, mu mu gihe Ami Pro ndetse na Miss Muyango bari mu bagombaga kukiyobora batigeze bahagaragara.

Iki gitaramo cyabereye mu Mujyi wa Bruxelles ku wa 8 Werurwe 2025, cyitabiriwe na The Ben mu gihe cyayobowe na Ally Soudy wari ufatanyije na Lucky Nzeyimana.

Ku mbuga nkoranyambaga abantu benshi bakomeje kwibaza uko byagenze ngo yaba abahanzi nka Juno Kizigenza na Double Jay ntibagaragare muri iki gitaramo.

Bitewe n’uko buri wese yagize impamvu ye, tugiye kugaruka kuri buri umwe muri bo n’icyatumye atitabira iki gitaramo.

Juno Kizigenza

Juno Kizigenza wakoranye indirimbo ‘Soja’ na Bwiza ndetse akaba yari mu Bubiligi mu minsi ishize, ntabwo yagaragaye mu gitaramo cy’uyu muhanzikazi.

Uyu musore wanagaragaye ahagombaga kubera iki gitaramo mu gihe cyaburaga amasaha make ubwo abahanzi bajyaga gusuzuma ibyuma bwa nyuma, benshi bari batangiye kwizera ko aza kukigaragaramo.

Kutitabira iki gitaramo kwa Juno Kizigenza byatewe n’uko atari yarigeze abishyira muri gahunda, amakuru IGIHE ifite ahamya ko uyu musore yemeye kwerekeza i Burayi gushyigikira Bwiza ariko atigeze yemera kuririmba mu gitaramo cye.

Ni mu gihe ahubwo ari mu myiteguro y’ibitaramo ateganya gukorera i Burayi mu minsi iri imbere.

Ami Pro

Ami Pro wari ku rutonde rw’abagombaga kuyobora iki gitaramo akaba umwe mu bayobora ibitaramo bakomeye i Burundi, yari yerekeje i Burayi ariko urugendo ruramugora ku buryo yahageze igitaramo kirangiye.

Amakuru avuga ko igitaramo cyarinze kirangira ari mu ndege kuko yagize ibibazo by’urugendo byatumye ahagera mu gitondo cyo ku wa 9 Werurwe 2025 ahurirana n’uko igitaramo yari yitabiriye cyari kiri kurangira.

Double Jay

Double Jay wakoranye indirimbo ‘No Body’ na Bwiza, we ntiyitabiriye iki gitaramo bitewe n’uko yabonye ibyangombwa atinze.

Amakuru IGIHE ifite ni uko Double Jay wabonye ‘Visa’ habura iminsi mbarwa ngo igitaramo kibe, yatangiye gushaka itike y’indege yerekeza i Burayi ariko kuko yayishakaga ku munota wa nyuma asanga zihenze, bityo nyuma y’ibiganiro n’abateguraga iki gitaramo bahitamo kubyihorera.

Iyi mpamvu isa nk’iya Miss Muyango na we utaritabiriye kubera kubona ‘Visa’ atinze bikarangira atabashije kugendera ku gihe kuko itike y’indege yari yamaze guhenda.

Miss Muyango

Lucky na Ally Soudy nibo bayoboye igitaramo cya Bwiza mu Bubiligi
Bwiza yamurikiye album mu gitaramo yashyigikiwemo na The Ben
Bwiza yamurikiye album ye '25 Shades' mu Bubiligi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .