00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impanuro za Massamba ku itorero ‘Ishyaka ry’intore’ rifite igitaramo cya mbere (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 21 January 2025 saa 10:38
Yasuwe :

Mu gihe habura iminsi mbarwa, itorero Ishyaka ry’Intore rigataramira abakunzi b’umuziki gakondo, Massamba Intore usanzwe ari umutoza w’Itorero ry’Igihugu yarisuye, aha impanuro abarigize.

Massamba Intore yasuye itorero ‘Ishyaka ry’Intore’ ku wa 20 Mutarama 2025, aho rikorera imyitozo ku musozi wa Rebero. Yarisabye kuzakora igitaramo gikomeye kizaryinjiza mu ruhando rw’amatorero akomeye mu Rwanda.

Ibi Massamba yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE, nyuma yo gusura itorero ‘Ishyaka ry’Intore’ aho rikorera imyitozo.

Ati “Ikintu cya mbere nabibukije ni uko mbasuye nk’umutoza w’Itorero ry’Igihugu, bityo nabasabye kuzakora igitaramo cyiza kuko hari amaso menshi azaba abareba. Nka njye byanze bikunze sinzaburamo bamwe nakwifashisha mu mikino iri imbere.”

Massamba kandi yabibukije ko itorero Ishyaka ry’Intore ryahozeho kandi mu gihe cyaryo ryari rikomeye.

Ati “Mu gihe cy’ingoma y’Umwami Mutara, iri torero ryari riyobowe na Butera ryari irya kabiri ku itorero ry’Igihugu ryitwaga ‘Indashyikirwa’, bityo nabasabye gusigasira amateka bagakora ibituma rikomeza kubahwa mu Rwanda.”

Massamba kandi yibukije Intore zigize itorero ‘Ishyaka ry’Intore’ kugerageza kugendana umutima w’ubutore, bakirinda gutatira umuco w’ubutore, anabakangurira kwiga kugira ngo umwuga bakora ntuzitwe uw’abaswa muri sosiyete.

Itorero ‘Ishyaka ry’intore’ rigeze kure imyiteguro y’igitaramo cyaryo cya mbere ‘Indirirarugamba’ giteganyijwe kubera muri Camp Kigali ku wa 25 Mutarama 2025.

Massamba Intore yaganirije intore zo mu itorero 'Ishyaka ry'intore'
Massamba Intore yakiranywe urugwiro aho itorero Ishyaka ry'intore ryitoreza
Massamba Intore yasabye itorero Ishyaka ry'intore gukora igitaramo cy'amateka nubwo ari bashya
Umwe mu bashinze Ishyaka ry'intore, Gatore Yannick mu ngamba
Massamba Intore nawe yagaragaje ubuhanga bwe mu guhamiriza
Massamba Intore ahamiriza hamwe na mukuru we usanzwe ari umutoza mu Itorero Ishyaka ry'intore
Cyogere uri mu bashinze itorero Ishyaka ry'intore yeretse Massamba Intore ko biteguye
Itorero 'Ishyaka ry'intore' rigeze kure imyiteguro y'igitaramo cyabo
Ishyaka ry'intore bijeje igitaramo gikomeye
Massamba Intore yahahuriye n'inkumi zo mu 'Isonga family'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .