Mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 nibwo Oda Paccy yajyanywe kwa muganga igitaraganya nyuma yo kwikubita hasi akabura ubwenge.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Oda Paccy byumvikana ko ataragarura imbaraga yavuze ko mu gitondo cy’uwo munsi yikubise hasi mu buryo butunguranye abura ubwenge.
Ati “Nanjye simbyibuka kuko nakangutse ndi kwa muganga, gusa bambwiye ko ku wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 mu gitondo nikubise hasi mbura ubwenge. Banjyanye kwa muganga bantera serumu nza kugarura ubwenge nyuma y’amasaha hafi umunani.”
Oda Paccy avuga ko ku wa Gatandatu ari bwo yagaruye ubuzima, bamuganiriza ibyamubayeho, gusa ahamya ko yari apfuye Imana ikinga akaboko.
Oda Paccy yasabwe n’abaganga gutaha akaruhuka kuko ikintu cyari kimwivuganye ari umunaniro ukabije wari wamufashe.
Uyu muhanzikazi ahamya ko kugeza ubu amaze koroherwa ndetse ashimira Imana yamurinze, icyakora avuga ko atarakira neza kuko agikomeje imiti no gukurikiza amabwiriza ya muganga.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!