00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

John Legend yagarutse ku bihe byiza yagiriye muri Pariki y’Ibirunga

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 March 2025 saa 08:30
Yasuwe :

Ubwo yari mu Rwanda aho yakoreye igitaramo ku wa 21 Gashyantare 2025, John Legend yagize umwanya wo gusura ibice bitandukanye by’u Rwanda birimo na Pariki y’Igihugu y’Ibirunga ibarizwamo ingagi.

Mu butumwa John Legend yakurikije amashusho agaragaza urugendo we n’umugore we, Chriss Teigen bagiriye muri Pariki y’Ibirunga, yavuze ko yishimiye ibyiza yabonye.

Ati “Ubwo twari mu Rwanda twitabiriye Move Afrika, twagize umwanya wo gutembera, tugira amahirwe yo gusura ingagi aho zisanzwe ziba. Mu by’ukuri byari ubundi bunararibonye mu buzima. Turashimira Abanyarwanda uburyo bakirana abashyitsi urugwiro n’umutima ukunze.”

Ni ubutumwa John Legend yatambukije ku mbuga nkoranyambaga yishimira kuba yarasuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, akabasha kwihera ijisho imibereho y’ingagi.

Ubwo aheruka i Kigali ku wa 21 Gashyantare 2025, John Legend yahakoreye igitaramo gikomeye cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi umunani baturutse mu bihugu 41.

Uretse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yasuye, uyu muhanzi uri mu bakomeye ku Isi bakora injyana ya R&B, yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, asobanurirwa byimbitse amateka y’u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe cya Jenoside, uko yahagaritswe n’aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.

Uyu mugabo yafashe umwanya wo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse ashyira indabo ku mva, mu rwego rwo kubaha icyubahiro.

John Legend ni umwe mu bahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, aho azwiho ubuhanga mu kwandika indirimbo no gucuranga ‘piano’.

John Legend yakunzwe mu ndirimbo nyinshi zirimo ‘All Of Me’, ‘Love Me Now’, ‘You &I’, ‘Tonight’, ‘Preach’, n’izindi nyinshi.

John Legend ageze muri iki kibaya mbere yo kurira Ibirunga, yabanje gufata ifoto
John Legend yishimiye urugwiro yakiranywe mu Rwanda
Banyujijemo bamubyinisha n'ikinimba
John Legend yasuye Pariki y'Ibirunga ari kumwe n'umugore we
Kimwe n'abandi benshi basuye Parike y'Ibirunga, John Legend hari aho yageraga akananirwa akabanza kuruhuka
Ubwo John Legend n'umugore we bitegerezaga ingagi muri Pariki y'ibirunga
John Legend ahamya ko gutembera Pariki y'Ibirunga bwari ubundi bunararibonye yagize mu buzima

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .