Mu butumwa John Legend yakurikije amashusho agaragaza urugendo we n’umugore we, Chriss Teigen bagiriye muri Pariki y’Ibirunga, yavuze ko yishimiye ibyiza yabonye.
Ati “Ubwo twari mu Rwanda twitabiriye Move Afrika, twagize umwanya wo gutembera, tugira amahirwe yo gusura ingagi aho zisanzwe ziba. Mu by’ukuri byari ubundi bunararibonye mu buzima. Turashimira Abanyarwanda uburyo bakirana abashyitsi urugwiro n’umutima ukunze.”
Ni ubutumwa John Legend yatambukije ku mbuga nkoranyambaga yishimira kuba yarasuye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, akabasha kwihera ijisho imibereho y’ingagi.
Ubwo aheruka i Kigali ku wa 21 Gashyantare 2025, John Legend yahakoreye igitaramo gikomeye cyitabiriwe n’abarenga ibihumbi umunani baturutse mu bihugu 41.
Uretse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga yasuye, uyu muhanzi uri mu bakomeye ku Isi bakora injyana ya R&B, yanasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, asobanurirwa byimbitse amateka y’u Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu gihe cya Jenoside, uko yahagaritswe n’aho u Rwanda rugeze rwiyubaka.
Uyu mugabo yafashe umwanya wo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse ashyira indabo ku mva, mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
John Legend ni umwe mu bahanzi bakomeye ku rwego mpuzamahanga, aho azwiho ubuhanga mu kwandika indirimbo no gucuranga ‘piano’.
John Legend yakunzwe mu ndirimbo nyinshi zirimo ‘All Of Me’, ‘Love Me Now’, ‘You &I’, ‘Tonight’, ‘Preach’, n’izindi nyinshi.







TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!